Category: Kinyarwanda

  • U Rwanda ruribuka: Umuhate wo kubaho w’abantu mu myaka 32 ishize – Jeannette Kagame

    Ubu ni butumwa ubwa Nyakubahwa Jeannette Kagame, yatanze mu cyongereza ku rubuga rwa Imbuto Foundation, tukaba twabubashyiriye mu Kinyarwanda

    Imyaka 32 irashize, nongeye kwandika mfite urubyiruko rwacu mu bitekerezo.

    Bana dukunda, mbega ukuntu twifuzaga kuba twabizeza ko urugamba rwa “Ntibizongere Ukundi” ruzashyirwaho iherezo mu gihe cyacu. Ko ibitugu byanyu bitazaremerezwa n’imitwaro y’amateka atararangira, ibitekerezo byanyu bitazagerwaho n’imivumba yongera y’imvugo yakoreshejwe mu bihe by’umwijima – by’ivangura, bisubiza inyuma, byuzuye urwango n’urugomo.

    Yewe.

    Mbega ukuntu bibabaje kandi biteye ubwoba, ku bashinzwe kwita ku burere bw’abakiri bato, kumenya ko urugamba rwo guharanira kubaho, ari na rwo rugomba guhabwa abo dushinzwe kurengera.

    Ndizera ko namwe mubibona.

    Hashize imyaka mirongo itatu n’ibiri, ni ukuri gusharira: imbaraga mbi zashakaga gusenya igihugu cyacu (kandi zabuze gato ngo zibigereho) ntaho zagiye – zakomeje kubaho, zongera kwisuganya, zongererwa ubushobozi n’amaboko y’abaturanyi.

    Ni nde wari gutekereza ko Umuryango mpuzamahanga wabonye tutitabwaho mu gihe ubuzima bwacu, igihugu cyacu, icyubahiro cyacu byari mu kaga, ubu ari wo udutunga intoki, tuzizwa ko twirwanyeho ngo tubeho?

    Ni nde wari kubitekereza? Ni nde wari gutekereza ko intwari zitanze zigahagarika ubwicanyi, zikaba ari zo zahaye igihugu cyari cyarasenyutse amahirwe mashya yo kubaho, ubu ari zo zasunikirwa ku ntebe y’abashinjwa?

    Bana dukunda, izo ntwari ziraregwa kuko zikora buri munsi ngo zikingire ikiragano cyanyu n’ikizaza, zikabarinda ibyago bayabaye ku bababanjirije.

    Ziregwa kuko zikora kugira ngo zisohoze isezerano rikomeye ry’uko Abanyarwanda batazapfa bwa kabiri.

    Mbega ibirego bidafite ishingiro.

    Mbega ukuntu biteye isoni guhindanya ukuri, kuvuga ko abatugaruye iwacu aho buri mwana afatwa nka Nd’Umunyarwanda, bakaba ahubwo ari bo noneho barimo gukwirakwiza urwango n’amacakubiri. Ko abashyize ubuzima bwabo mu kaga ku bwacu TWESE, ari bo bicanyi ubu, abakorera ibya mfura mbi abagore, mbese nkaho ari byo “bikorwa bibashimisha”.

    Mbega ukuntu bibabaje kandi biteye isoni ingengabitekerezo y’abicanyi bazwi, ubu itwererwa abarokotse ubwicanyi bwabo.

    Nyamara, turacyari hano.

    Inkuru z’ibinyoma zahoze zigenda nk’imivumba, ubu noneho zashinze imizi. Rimwe ziriyongera, ubundi zigabanuka, nyamara ntizikirenzwa ingohe.

    Zirubakwa, zigashyigikirwa kandi zigakwirakwizwa n’imbaraga zikomeye, mu karere no hanze yako.

    Ibinyoma bisinziza isi k’uwo kubaho n’uwo gupfa, uwo kubahwa n’uwo gupfukamishwa – ntibikiri ibintu bidasanzwe. Nguko uko igihe cyacu cyubatse.

    Hashyizweho uburyo bugambiriwe kandi buhoraho

    Kugera ku kuri bisaba imbaraga no gushaka kumva amateka yacu akomeye. Hagati aho, inkuru yorohejwe innyega ubutwari bwo kubaho ku barokotse iza itunganyijwe neza, bateguye uko ikoreshwa, bityo ikaba kimomo.

    Ariko musomyi mwiza ntukore ikosa: Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe  n’abantu benshi, kandi iyo Jenoside nayo yabaye kimomo. Yari yarateguwe binyuze mu icengezamatwara rya politiki ry’igihe kirekire, umugambi wo gutegura ibikorwa bya gisirikare, iherezo riba kuyishoramo urubyiruko.

    Ariko maze igihe nitegereza neza urubyiruko rwacu rw’ubu. Ubwenge bwabo. Uburyo bwabo bwo gushaka ukuri nyako. Kwanga gushukashukwa. Hafi y’urusaku rugamije kubayobya, hari ubutwari. Hari ubushishozi.

    Nahisemo kwiringira ubwo bushishozi mu byo mfite byose.

    Ntituvuga “Ntibizongere Ukundi” kuko twizera ko ikibi cyaranduwe, cyangwa ko urugamba rwarangiye; tuvuga “Ntibizongere Ukundi” kuko twakiriye ukuri ko guhora duhanganye bigamije gukumira ikibi cyagerageje kudusenya no kuduhanagura.

    Nta yandi mahitamo!

    Bana bato, namwe mugomba kwanga ko inkota y’ibinyoma isenya ahazaza hanyu.

    Ngira ngo icyerekezo cy’“Indangagaciro z’Isi yose” cyayobye inzira nyakuri. Cyangwa ngira ngo yari ikinamico kuva kera, natwe mu mitekerereze yoroheje, tutazi guseka.

    Igihugu cyacu cyashyizeho ubutabera bwunga mu rwego rwo kuryoza abakoze ibyaha, nubwo butari buhambaye, hari hagamijwe icyizere cyo kongera kubakira hamwe.

    Abacitse ku icumu batanze impano ikomeye: imbabazi.

    Bakoze nk’abikorera ubwabo. Ku bw’abazaza nyuma. Ku bw’igihugu.

    Tuzahora tubashimira.

    Hari ahantu runaka, Abanyarwanda twanditse ahazaza hatandukanye n’aho twari twarateguriwe. Mu gutegura ahazaza, byinshi mu byo dukora bizagira inzitizi, bizagira abo bibangamira, ndetse hari n’abo byamaze kubabaza.

    Niko biri. Turagana imbere kandi ntituzasubira inyuma.

    Ariko se Mana y’u Rwanda, isi yacu iragana he?

    Nshuti wacitse ku icumu, nshuti munyarwanda, nshuti rubyiruko, mu isi aho ukuri kwabaye igikangisho, ijwi ryawe, ubu ni bwo rifite imbaraga kurusha mbere.

    Mu gihe amagambo y’urwango n’imvugo zarwo bisigaye bifatwa nk’ukuri, aho ukuri kurohama mu rusaku rw’ikorabuhanga n’iyongeramvugo, guceceka kwawe kuzafatwa nk’aho ubwo wemeye. Kuzaba intwaro y’abashaka guhindanya amateka yawe no kwangiza ahazaza hawe.

    Ihumure ry’ibihe by’amahoro ntirizakubere impamvu yo kudohoka kuba maso, amateka aratwigisha: Ikitarinzwe cyane kirazimira, byanze bikunze.

    Igihe twari twegereje Kwibuka, natangiye gutekereza kuri ubu butumwa ndimo kwandika, mfite umutima uremerewe. Ndandika ndi umubyeyi. Nandika ndi nyirakuru w’abuzukuru. Ndandika kuko igihe cyahise hari ibyo cyatweretse, bibaho kandi bidahinduka.

    Imyaka 32 yo guhangana n’ihungabana, kurivura no kongera kubaka.

    Igihe gihagije cyo guhindura inzira y’igihugu. Igihe gihagije cyo kongera kubaka inzego, kwisubiza icyubahiro, no gutekereza kongera kubana.

    Ariko kandi imyaka 32 burya ni mike.

    Ni imyaka y’ubukure buhamye.

    Igihugu kiracyataguza.

    Ibyo twubatse ni iby’agaciro, ariko ntibirashinga imizi bihagije.

    Ntukirengagize ukuri: ku mugabane wacu, ku isi yose, hari ikintu kidasanzwe kirimo kuba. Ubugome burimo gufatwa nk’ibisanzwe. Ubusambo bwabaye nk’igikenewe. Abo kwegekaho ibyaha barahimbwa hagamijwe kuyobya abaturage.

    Ibi ni ibihe bidasanzwe, ariko tugomba kwiga kujyana na byo.

    Yego, igihe cyo Kwibuka iyo kigeze, abibuka basa n’abageragezwa. Yego, mu isi y’ubugome, ibikomere bya kera byongera gutonekwa, n’icyo kigeragezo kikarushaho kuba kibi.

    Nshuti wacitse ku icumu, mbega ukuntu umutwaro wawe uremereye! Wagira ngo kwibuka mu ruhame bihungabanya ihumure ry’abakureba, bamwe bahitamo kujya kure y’ukuri kubazengereza.

    Turabibona. Turabibona iyo musabwa, mu buryo bwihishe cyangwa bweruye, kugabanya ijwi ryanyu, guhindura ububabare bwanyu, koroshya inkuru zanyu ngo ziryohere.

    Icyo gitutu kirushaho kwiyongera. Bikinjira mu guceceka kandi kudatanga amahoro.

    Ibyo tugomba kubyanga.

    Ubutwari ndashyikirwa buboneka mu kongera kubara inkuru y’uwacitse ku icumu, ni isima yo kongera kubaka igihugu.

    Turi hano kuko MURIHO.

    Nshuti Mubyeyi, waba muto cyangwa mukuru,

    Twebwe nk’ababyeyi, tugomba kurera no gutegura igisekuru kitagarukira ku kwibuka gusa. Igisekuru kizi kubaza. Igisekuru kigenzura ukuri. kimwe kivuga gishingiye ku bimenyetso, ubutwari n’ubunyangamugayo bugaragaza ukuri neza.

    Twese tuzi uko twari tumeze nk’igihugu. Ubu turimo kubaka icyo tuzaba cyo. Icyuho kiri hagati ya byombi kigomba kuzibywa no kurinda cyane kw’amateka yacu no kwiyemeza kubana neza muri iki gihe cyacu.

    Tuzi ko urwango ruzakomeza muri iki gihe cyo Kwibuka, nk’uko bihora biba. Ubu tumaze kumenya injyana yabyo.

    Tuzi kumva ijwi ryarwo, tukarisubizanya ukuri kwacu.

    Tururwanya, dutwara itabaza ryacu imbere. Itabaza ryakana umucyo ku buryo ibinyoma bidashobora guturana na wo.

    Turibuka!

    Uyu munsi, dukomeje kubaho, dukomeje kurwana.

    Ejo, abana bacu bazakura kandi bazatera imbere.

    Ibi ni isezerano ryacu, ni umuhigo wacu.

    Mpore Rwanda.

    Nyakubahwa Jeannette Kagame, Madamu wa Perezida wa Repubulika

  • Ijambo ry’ibanze: icyumweru cy’icyunamo kirarangiye ariko kwibuka byo bihoraho

    Kuva ku wa 7 kugeza ku wa 13 Mata 2026, ni icyumweru cy’icyunamo aho abanyarwanda bunamiye ku nshuro ya 32 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, kuzirikana amateka no kwiyemeza gufata ingamba zo gukomeza kubaka igihugu cyunze ubumwe, kizira amacakubiri, kitazongera kubamo Jenoside ukundi.

    Iki cyumweru dusoje ni igice cy’urugendo rw’iminsi 100 yo kwibuka, itangira ku wa 7 mata igasozwa ku wa 3 mata, umunsi ubanziriza kwibohora aho ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafataga umurwa mukuru Kigali, itariki ifatwa kandi nk’umunsi wo guhagarika Jenode.

    Igikorwa cyo gutangiza iki cyumweru cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, kiyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Uwo munsi waranzwe no gushyira indabo ku mva zishyinguyemo abazize Jenoside no gucana Urumuri rw’Icyizere ruzamara iminsi 100 yose yo kwibuka.

    Mu ijambo rye, Perezida wa Repubulika yashimangiye ko u Rwanda rutakwicwa Kabiri, abanyarwanda batakwicwa kabiri, anasaba Abanyarwanda gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Muri iki cyumweru, habaye ibikorwa bitandukanye birimo n’inama mpuzamahanga ku gukumira Jenoside, yagaragaje impungenge ku ikwirakwira ry’ingengabitekerezo ya Jenoside mu karere, cyane cyane mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

    Abitabiriye iyi nama bagaragaje impungenge ku ruhare rw’umuryango mpuzamahanga, by’umwihariko Umuryango w’Abibumbye mu gutererana abatutsi, ibi bikaba bisa n’ibirimo kubera muri Kongo ingabo za Loni zirebera.

    Muri iki cyumweru kandi hakozw ingendo zo Kwibuka harimo urwabaye ku wa 7 Mata. Urundi rugendo rwabaye ku wa 11 Mata, by’umwihariko ku Kicukiro mu rwego rwo kuzirikana urugendo abari bahungiye ahari hakambitse ingabo za Loni mu ishuri rya ETO, zikanga kubakira, nyuma zikaza kwicirwa ku musozi wa Nyanza.

    Wabaye umwanya wo kuzirikana amateka y’agahinda k’abari bizeye kurindwa n’ingabo za Loni, ariko bakaza gutereranwa bagasigara mu maboko y’abicanyi. Ibi bikorwa byongeye kwibutsa uburemere bw’uruhare ruke rw’umuryango mpuzamahanga mu gutererana abaicwaga.

    Muri iki cyumweru kandi habaye igikorwa cyo kwibuka abanyamakuru bishwe muri Jenoside. Abanyamakuru b’iki gihe basabwe gukura amasomo ku mateka, birinda gukoresha itangazamakuru mu kubiba urwango nk’uko byakozwe na bamwe mu bayoboye itangazamakuru ryagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside.

    Ku wa 13 Mata hasozwa icyumweru cy’icyunamo ku rwego rw’Igihugu. Uyu munsi wahariwe kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa kibera ku Rwibutso rwa Rebero mu Mujyi wa Kigali. Ni umwanya wo kunamiora abanyapolitiki bishwe bazira ko ari abatutsi cyangwa ibitekerezo byabo byarwanyije cyangwa bitari bishyigikiye umugambi wa Jenosde.

    N’ubwo icyumweru cy’icyunamo kirangiye, ibikorwa byo Kwibuka byo bizakomeza mu gihugu hose hakurikijwe amatariki Jenoside yakoreweho mu bice bitandukanye by’Igihugu, kugeza ku wa 3 Nyakanga, umunsi ubanziriza kwizihiza Umunsi wo Kwibohora.

    Muri iyi minsi 100, hateganyijwe kandi by’umwihariko igikorwa cyo kwibuka imiryango yazimye, aho ababyeyi n’abana bose bishwe, ntihasigara n’uwo kubara inkuru. Biteganyijwe ko iki gikorwa kizabera mu turere twose tw’u Rwanda ku matariki buri karere kazagena.

    Kwibuka si igikorwa cy’icyumweru, si n’igikorwa cy’iminsi 100 gusa. Kwibuka ni inshingano ihoraho. “Kwibuka twiyubaka” ni intego y’Abanyarwanda igamije gukomeza kwiyubaka bahereye ku mateka yabo. Kwibuka ni uguha icyubahiro abazize Jenoside, gufasha abarokotse no gukumira ko Jenoside yakongera kubaho.

    Icyumweru cy’icyunamo kirarangiye, ariko kwibuka byo birakomeje kandi bizahoraho. Ni yo nkingi yo kurinda u Rwanda n’akarere rurimo Jenoside, no kubaka ejo hazaza harangwa n’ubumwe n’umutekano birambye.

  • Dutabare Ikinyarwanda cyugarijwe n’ibyonnyi byinshi muri iki gihe – Minisitiri Bizimana

    Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Bizimana Jean Damascene arasaba ababyeyi, abarimu n’abayobozi kurushaho gukunda no gukoresha Ikinyarwanda mu mvugo no mu nyandiko.

    Ku cyicaro cya Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) habaye ikiganiro cyahuje Minisiteri n’ibigo biyishamikiyeho n’abanyamakuru cyibanze ku gukangurira Abanyarwanda gukunda no gukoresha neza Ikinyarwanda mu buzima bwa buri munsi no ku bikorwa byo gutegura Umunsi w’Intwari wizihizwa ku wa mbere gashyantare buri mwaka.

    Ni ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri Bizimana, ari kumwe na François NGARAMBE, Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, hamwe na Amb. Robert Masozera, Intebe y’inteko, uyobora Inteko y’Umuco.

    Minisitiri Bizimana yagaragaje ko ari ngombwa ko buri Munyarwanda yiga, avuga, kandi agakoresha neza Ikinyarwanda hose kandi iteka kuko ururimi ni imwe mu nkingi z’ingenzi zigize umuco w’u Rwanda kandi ruhuza Abanyarwanda bose. Yavuze ko ururimi ari urwo kubungabungwa haba mu muryango, ku kazi, mu mashuri, mu nama n’ahandi hose abanyarwanda bahurira.

    Avuga ku ruhare rw’abahanzi mu kwangiza ururimi, Minisitiri Bizimana yatanze urugero rw’ijambo GUTWIKA, rikunze gukoreshwa n’abo mu myidagaduro; ugasanga bavuga ngo umuhanzi runaka yahatwitse, harashya. Ati “iri jambo nta na hamwe ryaba ryiza kuko rishobora kwibutsa igihe cy’itwikwa ry’amazu y’abatutsi”.

    Yanenze ababyobozi basanzwe bazi neza Ikinyarwanda bajya kuganira n’abaturage, bagakoresha amagambo y’ikinyarwanda avanze n’ay’indimi z’amahanga cyane cyane icyongereza n’igifaransa.

    Yakomoje no kuri Sosiyete z’ubwishingizi, hamwe na za banki zikoresha amasezerano ku bakiriya bazo mu zindi ndimi zitarimo Ikinyarwanda.

    Ibyonnyi bibangamiye ururimi rw’ikinyarwanda

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Inteko y’Umuco bwerekanye ko hari impamvu nyinshi zituma Ikinyarwanda kititabwaho neza haba mu mvugo no mu myandikire.

    Muri izo mpamvu harimo kuvanga Ikinyarwanda n’indimi z’amahanga, aho bamwe babyumva nk’ikimenyetso cy’ubuhanga, ubusirimu cyangwa kujijuka, hakaba ubunebwe bwo kwandika no gusoma mu Kinyarwanda ndetse n’imyumvire yo kutumva ko hari amasomo nk’ubugenge cyangwa andi masomo y’ubumenyi bishobora kwigishwa neza mu Kinyarwanda.

    Abanyarwanda bagera kuri 99,7% bazi ururimi rw’ikinyarwanda. Ubushakashatsi bwagaragaje ko 70,6% muri bo bakoresha neza Ikinyarwanda, mu gihe 14,5% byagaragaye ko bafite ubumenyi buke muri urwo rurimi.

    Abahanzi, abanyamakuru, abayobozi, abanyamadini, abakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, ababyeyi n’abarezi bagaragajwe nka bamwe mu bangiza ururimi rw’ikinyarwanda, kandi bakaba ari na bo bagomba kuba igisubizo cyo kwigisha, gukoresha neza Ikinyarwanda no kugisigasira.

    Intebe y’inteko yatangaje ko Umunsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire usanzwe wizihizwa tariki ya 21 gashyantare, wimuriwe ku wa 24 z’uko kwezi, ukazahabwa umwihariko ugenewe urubyiruko, ahanateganyijwe amarushanwa mu mashuri.

    Avuga ku bikorwa by’ubutwari, Bwana Francois Ngarambe, yagize ati: “Ubutwari umuntu ntabivukana, umuntu arabutozwa kandi ntiwaba intwari y’u Rwanda udafite ururimi rw’u Rwanda, ni ngombwa rero kwiyambura ibisigisigi by’ubukoloni.”

    François NGARAMBE yatangaje ko bimwe mu bikorwa byo kwizihiza umunsi w’intwari birimo amarushanwa y’amagare, ibiganiro n’abanyamakuru, Igitaramo cyahawe inyito “Dusingize Intwari z’u Rwanda” kizaba ku wa 31 mutarama 2026, irushanwa ry’umupira w’amaguru no kwizihiza umunsi nyirizina ku wa mbere gashyantare 2026.

  • Imyanzuro y’Inama Nkuru ya 17 y’umuryango FPR Inkotanyi

    Kuri uyu wa gatatu tariki ya 7 Mutarama 2026, Umuryango FPR Inkotanyi watangaje ku muragaragaro, ubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zawo, imyanzuro y’Inama Nkuru yawo yateranye mu mpera z’umwaka ushize wa 2025.

    Kuwa gatanu tariki 19 Ukuboza 2025, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR Inkotanyi | Rusororo mu karere ka Gasabo hateraniye Inama Nkuru ya 17 y’Umuryango FPR Inkotanyi iyobowe na Nyakubahwa KAGAME Paul, Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

    Kuri gahunda y’inama hari ingingo zikurikira:

    1. Ijambo rya Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi akaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ritangiza inama.
    2. Kwemeza umushinga w’ivugururwa ry’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi.
    3. Kugenzura ibikorwa ku ngingo zikurikira:
      • “Kubaka umusingi uhamye w’igihugu cyacu”
      • “Umwanya w’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga”
    4. Ijambo rya Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI risoza inama.

    Mu ijambo rya Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi Nyakubahwa KAGAME Paul, yabwiye Abanyamuryango ko Umuryango uhora wisuzuma aho bibaye ngombwa ukivugurura.

    Yasabye ko buri Munyamuryango yajyaho ahora yisuzuma mu mikorere ye, abihuza n’aho ibihe bigeze haba mu gihugu ku Isi hose kugira ngo anoze inshingano ze. Yibukije ko muri FPR Inkotanyi, umuntu aba akwiye guteekereza ku nshingano ze ku giti cye, no kwishakamo ibisubizo, ariko azirikana gukorera hamwe n’abandi.

    Nyakubahwa Chairman yibukije kandi ko abantu bakuru bagomba kwitwara neza kugira ngo babere icyitegererezo urubyiruko. Yashimangiye ko abayobozi mu nzego zose bagomba guhora batekereza ku nshingano bafite zo guteza imbere imibereho y’abaturage haba serivisi bakwiye ku gihe.

    Nyakubahwa Chairman yibukije, ko nk’Abanyarwanda tugomba gusigasira indangagaciro z’umuco nyarwanda, twibanda cyane cyane ku kunoza imikorereze y’ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse tunimakaza n’ibindi byiza biri mu muco wacu.

    Nyakubahwa Chairman yasabye urubyiruko kwimakaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu bashishikarira gufatanya n’abandi gukemura ibibazo bihari. Yabasabye kandi kwirinda ingeso mbi z’ubusinzi, ikoresha ry’ibiyobyabwenge n’izindi zagira ingaruka ku buzima bwabo.

    Abanyamuryango bagejejweho ikiganiro ku kubaka umusingi uhamye w’igihugu cyacu, n’ikindi kivuga ku mwanya w’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga, babyungurana ho ibitekerezo.

    Abitabiriye Inama Nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi:

    1. Biyemeje gusuzuma no kuvugurura imiterere, imikorere n’imikoranire y’inzego kugira ngo zirusheho gutanga umusaruro, bijyanye n’igihe tugezeho hasigasiwe amahame remezo n’indangagaciro Umuryango FPR Inkotanyi ushingiyeho.
    2. Biyemeje kurushaho kunoza imitangire ya serivisi no kwegereza abaturage kugira ngo babakemurire ibibazo ku gihe by’umwihariko kurwanya akarengane, kuko Umuryango FPR Inkotanyi ari wo nkingi y’iterambere ry’igihugu.
    3. Bemeje ishyirwaho ry’urwego rw’Inararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.
    4. Bemeje ivugururwa ry’iningo z’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi agena:
      I. Imiterere ya Komite Nyobozi yo ku rwego rw’igihugu hongerwamo Visi Perezida wa kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije.
      II. Inshingano, imiterere n’imikorere by’urwego rw’Inararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.
    5. Batoye ku bwumvikane busesuye Abayobozi bashya muri Komite Nyobozi yo ku rwego rw’igihugu hashingiwe ku mavugurura yakozwe ku ngingo z’amategeko, ku mwanya wa Visi Perezida wa Mbere, Visi Perezida wa Kabiri, Umunyamabanga Mukuru n’Umunyamabanga Mukuru wungirije aribo:
      • Hon. Uwimana Consolée, Visi Perezida wa Mbere
      • Hon. Kayisire Marie Solange, Visi Perezida wa Kabiri
      • Amb. Bazivamo Christophe, Umunyamabanga Mukuru
      • Bwana Gasana Karasanyi Stephen, Umunyamabanga Mukuru Wungirije
    6. Biyemeje kwimakaza umuco nyarwanda by’umwihariko kunoza imivugire, imyandikire, n’imikoreshereze y’ururimi rw’Ikinyarwanda.
    7. Biyemeje kunoza ubukangurambaga mu Muryango FPR Inkotanyi hashingiwe ku nahame n’indangagaciro byubaka ireme ry’Abanyamuryango bose bifasha Igihugu gukemura ibibazo bijyanye n’aho ibihe bigeze, haba mu Gihugu cyangwase ku Isi.
    8. Biyemeje guhwitura abakuru kugira ngo babere urugero rwiza abato, no kuzirikana ibyo urubyiruko rukenewe mu rugendo rw’iterambere.
  • I Rwamagana nta rungu: Chorale de Rwamagana yabateguriye igitaramo cya Noheli kuri iki cyumweru

    Abatuye umujyi wa Rwamagana n’inkengero zawo bateguriwe igitaramo cyihariye cya Noheli na Chorale de Rwamagana, kizaba kuri iki cyumweru tariki ya 28 Ukuboza 2025, mu nzu mberabyombi (salle) y’ishuri rya Mutagatifu Aloys i Rwamagana, ahantu heza, hagutse kandi hisanzuye.

    Iki gitaramo ngarukamwaka kizwi ku izina rya “Christmas Carols Concert”, kizatangira isaa kumi z’umugoroba (16h00) kikageza nijoro, kikazaba kigamije gusangira ibyishimo bya Noheli, kwishimira ivuka rya Yezu Kristu, Umucunguzi, Umushumba n’Umwami, binyuze mu ndirimbo ziteguranywe ubuhanga.

    Abazacyitabira bahishiwe indirimbo n’amajwi meza, indirimbo za Kiriziya, iz’andi matorero atandukanye, hamwe n’indirimbo zisanzwe ziririmbanywe ubuhanga, nk’uko Chorale de Rwamagana, imaze kwandika izina mu gutegura ibitaramo binogeye amatwi bakanezeza umutima.

    Babyeyi, muzazane abana, dugasangira ibyishimo bya Noheli. Rubyiruko, ntimuzahabure. Abakuru n’abato, muzaze twidagadure mu munezero n’ubusabane, dufatanye no kwifurizanya umwaka mushya wa 2026 mu mahoro n’ibyishimo.

    Ibiciro byo kwinjira bijyanye n’ubushobozi bwa buri wese:

    • 50,000 Frw: ameza y’icyubahiro (VIP table) y’abantu 6
    • 10,000 Frw: ku muntu mu myanya y’icyubahiro (VVIP)
    • 5,000 Frw: mu myanya y’icyubahiro ikurikiyeho (VIP)
    • 2,000 Frw: mu myanya isanzwe (Regular)
    • 1,000 Frw: ahandi hose hasigaye (General)

    Banyabuganza, ntimucinkwe n’iki gitaramo cyabateguriwe. Abatuye Kayonza, Ntunga na Musha, Nsinda na Kabare, Sovu na Sibagire, Nkungu na Munyaga, Mwurire na Nawe, Gati na Ruhunda, Gishari, Nkomangwa n’abandi bose bifuza ko dusangira ibyishimo bya Noheli, muhawe ikaze.

    Chorale de Rwamagana yifurije Abakristu bose n’Abanyarwanda muri rusange Noheli nziza n’umwaka mushya w’uburumbuke, umwaka w’amahoro, ibyishimo n’imigisha ituruka ku Mana.

    Muze twidagadure, twishime kandi tunezerwe mu byishimo bya Noheli!

  • GL Agribusiness Ltd: Ibiribwa n’ibikoresho byiza bikugereho mu gihe cy’iminsi mikuru

    Mu gihe twegereje iminsi mikuru ya Noheli na n’ubunani, wivunwa n’umuhangayiko wo kujya guhaha. Byose GL Agribusiness Ltd irabigukorera kandi bikugereho ku gihe iwawe mu rugo maze ubone umwanya wo kunezeranwa n’umuryango n’inshuti zawe.

    Hafi y’isoko rya Kimironko ni ho dukorera. GL Agribusiness Ltd ni umufatanyabikorwa wizewe i Kigali.

    Kuva igishingwa mu 2021, GL Agribusiness Ltd yiyemeje guhangana n’ikibazo cy’ibihombo abahinzi bahura na byo nyuma y’isarura. Yiyemeje kandi guha agaciro umusaruro w’ubuhinzi no guha abakiliya ibiribwa bifutse kandi byiza. Abagize umuryango, abanyamahoteli na za resitora, turahari ku bwanyu kugira ngo byose bigende neza.

    Serivisi zacu zikugereho mu buryo bworoshye

    • Ibiribwa byose: ibirayi, umuceri, isukari, ifarini, ibishyimbo… n’ibindi byose ukeneye mu gutegura amafunguro yawe.
    • Imboga zifutse: imboga z’amababi, inyanya, ibitunguru, karoti n’izindi mboga.
    • Imbuto nshya: imineke, inanasi, amashu, avoka n’imbuto z’izindi mbuto zikimara gusoromwa.
    • Ibikoresho byo mu rugo n’iby’isuku: amasabune, amavuta y’isuku, impapuro  z’isuku n’ibindi bikoresho nkenerwa byo mu rugo.

    Izindi Serivisi zihariye tubafitiye

    • Kubika neza ibiribwa: Dufata neza ibiribwa bigumana ireme n’ubuziranenge kandi ntibyangirike, twifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
    • Gutunganya ibiribwa: Dutunganya imboga, imbuto n’ibirayi  kugira ngo bimare igihe kandi byongererwe agaciro.
    • Kubahahira tukabigeza iwanyu mu rugo: Uraduhamagara, tukaguhahira, tukabikugereza iwawe mu rugo, kuri hoteli cyangwa kuri resitora, ku buryo utiriwe uva aho uri.

    Impamvu ukwiye guhitamo GL Agribusiness Ltd

    • Ubuziranenge bwizewe: Tugufitiye ibiribwa byose bifashwe neza kandi bifite ubuziranenge bwizewe.
    • Kuzigama igihe: Byose turabigukorera, ukagira umwanya wo kuruhuka cyangwa kugira ibindi ukora utiriwe ujya ku isoko.
    • Ibiciro by’isoko: Tuguhahira ibiribwa bishya kandi byiza ku giciro gikwiye kiri ku isoko.
    • Tugane: Muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Umwaka Mushya wa 2026 turahari ku bwawe.

    Muri iyi minsi mikuru, izere kandi utume GL Agribusiness Ltd! Tegura ibirori byawe utekanye, ubone ibyiza, wunguke n’igihe, ubundi tugukorere byose ukeneye maze wishimane n’abawe  mu munezero.

    Tuvugishe cyangwa utwohererezwe ubutumwa:
    📍 Kigali, Rwanda – hafi y’isoko rya Kimironko
    📞 +250 781 189 270
    ✉️ claudinekarenzi8@gmail.com

  • Ubutumwa bw’isabukuru y’amavuko ya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame

    Ku wa 23 Ukwakira 1957, ni bwo yabonye izuba. Nyuma y’imyaka mirongo itandatu n’umunani, uwari umwana, ubu ni umwe mu bayobozi bubashywe mu Rwanda no muri Afurika kubera imiyoborere ye ihamye: Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

    Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025, ntitwizihiza isabukuru y’umuntu gusa, ahubwo tunazirikana urugendo rw’indashyikirwa rw’umuyobozi ukunda igihugu, nyir’ubuzima busangiye amateka n’’igihugu cyamwibarutse.

    Kuva mu myaka y’ubuhungiro kugeza ku rugamba rwo kubohora igihugu, kuva ku rugamba rwo guharanira ubwigenge no kongera kubaka igihugu cyari cyarasenyutse, ubuzima bwe ni isomo ry’ubwitange no gukunda igihugu.

    Ubuto bwe yabutuye u Rwanda, ubwo yinjiraga mu muryango wa FPR-Inkotanyi, maze agafatanya na bagenzi be mu rugamba rwo kubohora urwa Gasabo. Ku isonga ry’urugamba, yayoboye intambara yamaze hafi imyaka ine, isozwa no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Uwabaye ku isonga ry’urwo rugamba, ni na we muyobozi ku isonga ryo kubaka amahoro  mu banyarwanda mu miyoborere ifite intego-cyerekezo eshatu: Kuba umwe, Kubazwa inshingano no Gutekereza byagutse cyangwa Kureba kure.

    Yazahuye u Rwanda rwari rwarabaye umuyonga, aruha icyitegererezo cy’igihugu cyiyubatse kandi cyiyemeje gutera imbere. Imihanda, amashuri, amavuriro, umutekano imbere no hanze y’igihugu, imibereho myiza, ubutabera, uburenganzira bwa muntu n’imiyoborere myiza: ibi n’ibindi, ni ibimenyetso by’igihugu cyagaruriwe ishema n’icyubahiro mu ruhando rw’amahanga.

    Ubwo yizihiza imyaka 68 uyu munsi, twifurije isabukuru nziza umuyobozi uhamye, isoko ry’ihumure n’icyizere: umuyobozi uhuje n’abo ayobora, indacogora ku ntego yo guha u Rwanda ijabo n’ijambo.

    Isabukuru nziza Nyakubahwa Perezida Paul Kagame. Muri uyu mwaka mushya, tubifurije ubuzima bwiza, amahoro, ubuhanga n’ubutwari mu rugendo rwo gukomeza kuyobora igihugu cyacu.

    Ubwanditsi bwa La UNE

  • Uko Afurika yakubititse igashegeshwa n’abazungu – Tito Rutaremara

    Muri gahunda y’inyandiko ageza ku bamukurikira ku rubuga rwa X, Inararibonye y’u Rwanda Tito Rutarema yagaragaje uko umugabane wa Afurika washegeshwe n’abazungu.

    Mu gitekerezo cy’uyu munsi yateruye ingingo eshatu: uko abazungu banditse Filozofi y’uko abantu barutanwa, uko sosiyete ziyubatse n’uko ubucakara bw’abazungu bwashenye Afurika.

    Nk’uko asanzwe ageza ibitekerezo ku bamukurikira yavuze ko nyuma yo kugaragaza uko abazungu bakoronije Afurika ari bwo azabaganiriza ku mateka bwite y’u Rwanda. Ati “uko abazungu banditse Filozofi y’uko abantu barutanwa, iki gitekerezo twari twarakivuzeho, reka tubibutse ibitekerezo twavuzeho mbere….”

    Inkomoko ya kure mu ntekerezo y’abazungu ku birabura

    Inararibonye Tito Rutaremara yagaragaje Uko abahanga b’abazunga bavugaga amako y’abatuye isi uko barutwana, uko sosiyete z’abatuye isi zagiye zikura kugeza ku kubaka Leta n’uko abahanga b’abazungu bibwiraga ko ubwenge n’amajyambere ya muntu bituruka mu bihugu bikikije inyanja ya Mediterran gusa.

    Uko amoko ya muntu arutwanwa bikurikije intekerezo z’abahanga b’abazungu

    Mu nyandiko y’uyu munsi, agaragaza ko ngo Abazungu bafite uruhu rwera, bafite imisatsi n’amaso y’imisheru ndetse n’abandi bafite imisatsi yirabura n’amaso y’ubururu bari ku rwego rwo hejuru basumbaga abandi bose ku isi.

    Ku rwego rwa kabiri, hakaba abafite uruhu rw’umuhondo n’imisatsi yirabura n’amaso acyebamye.

    Urwego rwa gatatu, rwari urw’abafite uruhu rutukura n’imisatsi yirabura n’amaso yirabura.

    Naho urwego rwa kane ari rwo rwa nyuma, mu bitekerezo by’abazungu, rukaba urw’abafite uruhu rwirabura n’imisatsi y’injwenge n’iminwa minini, bakaba ari bo bo ku ku rwego rwa nyuma ruri hafi y’inguge.

    Ibi byagaragazaga ko mu miterereze y’abahanga b’abazungu bo hambere:

    • Abazungu bera ari bo bafite ubwenge karemano bwo hejuru cyane. Bakanibwira ko ari bo bazanye ubumenyi bwinshi n’amajyambere y’ukuri.
    • Abafite umubiri usa nk’umuhondo bavugaga ko na bo baremanywe ubwenge ariko butangana n’ubwabazungu, bishobora kuba ari byo byatumye barabategeka.
    • Ab’uruhu rutukura ngo na bo bari bafite ubwenge ariko buri hasi cyane y’ubw’abazungu n’abimihondo, ari cyo cyatumye abazungu bumva bagomba kubategeka, byakwanga bakabarimburaho nk’uko babigenje muri Amerika.
    • Abirabura bo bavugaga ko Imana yabahaye utwenge duke cyane mbese turi hafi y’utw’ingunge, icyo bari bashoboye ni ugushaka ibibatunga no kubyara abana.

    Tito Rutaremara agaragaza ko abazungu bageze muri Afurika no mu Rwanda basanga baribeshye cyane. Ngo n’ubwo abazungu babyanditse gutya kandi hakaba hari benshi bakibitekereza gutya, Siyanse yerekanye ko iyi Filozofi yabo ipfuye, ndetse ahubwo yanerekanye ko inkomoko y’umuntu ishobora kuba muri Afurika.

    Umwanditsi asoza yizeza abamukurikira kuri X ko ibi azabiganiraho ikindi gihe, akazanagaragaza uko sosiyete zagiye ziyubaka.

  • “Kanda akanyenyeri”: Imvugo imaze kwijira mu Kinyarwanda

    Iyo ugiye kugura umuriro w’amashanyarazi ukoresheje telephone igendanwa, ubanza gukanda akanyenyeri (*), ukabona gukurikizaho indi mibare yagenwe na Mobile Money cyangwa Airtel Money, ukaza gusoreza ku kadirishya (#). Icyo gihe, haba hasigaye kwemeza igikorwa, mbere y’uko usabwa umubare w’ibanga, ubundi ugahabwa ubutumwa bukwereka ko umuriro waguze uwuhawe, ukawinjiza muri kashipawa yawe.

    Mpereye ku muriro w’amashanyarazi nk’urugero. Ariko no kwishyura fagitire y’amazi, kugura bando za interinete, kugura amainite yo guhamagara, kugurira undi amainite cyangwa amamega, cyangwa kumwohereza amafaranga.

    Muri iki gihe cy’ikoranabuhanga, aho abantu basigaye baganira cyangwa bagahurira ku mbuga nkoranyambaga, usanga telephone yarabaye ibiro mu bindi, cyangwa icyumba cy’uruganiriro cyagutse, mbese urubuga rutangirwaho ibitekerezo, urubuga rutanga amakuru, urubuga rubarizwaho ibibazo, urubuga rutanga ibisubizo, ndetse rukaba n’urubuga ruriho ibitutsi, ibishuko, kuyobora no kuyobya.

    Twigarukire ku kanyenyeri (*)

    Reba muri telephone yawe, urebe imbuga uriho uyu munsi zigusaba icyo twahoze twita “gukora mu mufuka”. Usanze uri ku rubuga rwo gutabara uwagize ibyago. Hari urundi rubuga wisanzeho rwo gutwerera umusore cyangwa inkumi mwiganye cyangwa mwareranywe. Hari n’urundi uriho rwo gushyigikira umuntu warwaye cyane, ukeneye ubufasha bwo kuvurirwa hanze.

    Komeza urebe neza, urasanga hari urundi rubuga rw’umudugudu wanyu, na ho usabwa kugira icyo utanga. Ku kazi se buriya nta bwo mwitegura guhemba umwe muri mwe uherutse kwibaruka? Ongera witegereze neza urasanga hari nimero babahaye yo koherezaho amafaranga. Uranasanga imbere y’izina rya buri muntu hari umubare w’amafaranga, n’akamenyetso ko yamaze kwishyura cyangwa atarishyura.

    Muri ibyo byose rero, ntawugihaguruka ngo ashyire undi amafaranga. Nta n’ucyohereza intumwa ngo nshyirira naka ibi bintu. Uri i Kamembe yoherereza uri Nyakarambi, uwa Gishambashayo akoherereza uwo muri Vunga, naho uwa Kaborogota, akoherereza uwo mu Kinigi, mu gihe uw’i Munyaga yoherereza uw’i Bweyeye; ndetse n’abari mu mahanga barohereza mu kanya nk’ako guhumbya.

    Mperutse kuganira n’umwe mu nshuti zanjye, ambwira ko amaze amezi arenga abiri atarakora ku giceri cyangwa inote. Ati “Konti nazihuje na MoMo, aho nkeneye kwishyura hose nkanda akanyenyeri, haba ku igaraje cyangwa kuri sitasiyo, haba kuwishyurira abana ishuri cyangwa kubahahira, haba kwishyura ay’isuku cyangwa umutekano mu mudugudu, no mu kimina mbamo iyo igihe kigeze nkanda akanyenyeri cyangwa bakakankandira.

    Gutwerera, gutura mu Kiriziya no mu rusengero, kugura igicuruzwa, kurangura, kwishyura amafaranga y’ishuri, kwishyura imisoro, muri resitora, mu kabari, imiti muri farumasi, kwishyura itike y’imodoka, motari kuri moto, serivisi z’irembo… byose byiswe “gukanda akanyenyeri”

    Ntituzongera kubaho nka mbere

    Mu gihe COVID-19 yari yaduhejeje mu nzu, hari igitekerezo nasohoye mu kinyamakuru IGIHE, nyiha umutwe ugira uti Ntituzongera kubaho nka mbere”. Muri iyo nyandiko hari aho nagize nti “Bayi bayi ihererekanya ry’inoti”, ngaragaza ko Kashilesi izashyirwa mu bikorwa bidasabye ubundi bukangurambaga. Benshi bakoresheje ihererekanya ry’amafaranga bifashishije telefoni. Iki gitekerezo gisoza kigira kiti “Niba ibi byarashobotse mu bihe bikomeye nk’ibi, bizatunaniza iki mu bihe bisanzwe?”

    Magingo aya n’usaba umuvandimwe, inshuti cyangwa undi baziranye kumuha amafaranga kubera impamvu runaka, kumugurira agacupa (kumusengerera), kumuha bya gicuti (kumuremera), usanga ijambo risigaye rikoreshwa ari “kanda akanyenyeri”

    Iki ni ikimenyetso ko u Rwanda rwamaze kwinjira mu bukungu bushingiye ku ikoreshwa ry’ifaranga ritagaragara (ritari inote cyangwa ibiceri) haba mu buryo bwose bwo gukoresha amafaranga, inyito ibangukiye benshi ikaba ari “Gukanda akanyenyeri”

    Abakunda gukoresha ibirari by’insigamigani, ubu bashobora kuvuga ngo “gukanda akanyenyeri” byadutse ahagana mu mwaka wa 2020, ubwo byashyirwagamo imbaraga mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19, abanyarwanda bagashishikarizwa kudahererekanya inote n’ibiceri mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza indwara, nuko icyari ikibazo cy’ubuzima, birangira gifashe intera yo mu rwego rw’ubukungu.

    Imvugo ubu yabaye imvugo: Kanda akanyenyeri.