Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Gare ya Nyanza iherereye mu karere ka Kicukiro, mu marembo ya Kigali werekeza mu karere ka Bugesera, izimurirwa by’agateganyo kuri Canal Olympia ku i Rebero mu gihe cya Shampiyona y’Isi ry’Umukino wo gusiganwa ku magare.
Aho abagenzi bategera imodoka i Nyanza ya Kicukiro ni ku muhanda Kigali – Bugesera, umwe mu mihanda izakoreshwa n’abasiganwa ku magare mu irushanwa riteganyijwe kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025.
Mu kiganiro yagiranye na RBA, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko kwimura by’agateganyo gare ya Nyanza ari kimwe mu bikorwa byo kubungabunga umutekano w’abagenzi n’abasiganwa no gutuma irushanwa rigenda neza.
Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo gusiganwa ku magare (UCI) rivuga ko iyi shampiyona izagaragara ku ma televiziyo mu bihugu 124 binyuze ku mashene mpuzamahanga 22 n’imbuga nkoranyambaga, harimo n’ibitangazamakuru bya RBA ari byo Televiziyo y’u Rwanda RTV NA KC2.
Shampiyona y’Isi ry’Umukino wo gusiganwa ku magare ni ubwa mbere izaba ibereye ku mugabane wa Afurika. Biteganyijwe ko izakurikirwa n’abasaga miliyoni 330 ku mateleviziyo ku isi hose, ari bo bakurikiye iri siganwa mu gihe iryaberaga i Yorkshire mu Bwongereza mu mwaka wa 2019 ryakurikiwe n’abasaga miliyoni 329.
Abatuye umujyi wa Kigali bemerewe kandi kuzirebera irushanwa hirya no hino ku mihanda aho rizanyura, kugira ngo bishimire abakinnyi, umukino n’amakipe bakunda.