Category: Kinyarwanda

  • Tante Joséphine, Indangamirwa turagushimira

    Ku wa gatandatu, tariki ya 11 ukwakira 2025, ni bwo umurinzi w’igihango Josephine Murebwayire yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo, nyuma y’igitambo cya misa cyo kumusabira no kumuherekeza cyabereye muri Paruwasi Regina Pacis. Ubu butumwa abutuwe na Uwera Assumpta, Umubyeyi wa famille Indangamirwa, umwe mu miryango igize Ibuka.

    Mubyeyi watubereye umwihariko, wadukunze bikwiye, watwishimiye tukabyumva, ukaba mu byacu byose, Indangamirwa turagushimira!

    Twumvise amajwi menshi ahinyuza, aganzwa n’inkuru nziza usize inyuma, biduha  imbaraga zo gutuza, nk’uko wakoraga byose utuje. Indangamirwa Turagushimira!

    Wakunze buri wese kibyeyi, waradushyingiye uraduhemba, waradusengeye uduha umugisha, kuba iruhande rwawe byaturemye umutima! Indangamirwaturagushimiye!

    Twifuje byinshi byagushimisha, Twakoze bike uko tubishoboye, kunyurwa kwawe kwaduteye ishema. Indangamirwa Turagushimira!

    Maze rero Tante wa twese, Rurema wakuduhaye yaragushoboje, nawe yaragukunze ngo mutaramane. Tutagukerereza musange. Aguhuze n’abawe, ubone imfura na bucura bawe, Maze utuze bikwiye Mubyeyi. Indangamirwa Turagushimira!

    Uzabwire abacu ko wabavugiye, ubabwire ko wubatse benshi. Uzababwire ubwiza bw’Inkotanyi, Ubabwire uko twashibutse, Ubabwire ko duhora tubibuka, Uzababwire n’uko twahagaze mu cyuho. Indangamirwa turagushimira!

    Ngaho ndagusezeye rurabo rwera, nsigaranye ijwi ryawe mumatwi yanjye, Nsigaranye ingendo yawe ituje, Nsigaranye umutima wawe ukomeye, Nsigaranye isura y’uruhanga rwawe rwiza, Nsigaranye ishusho y’umurwayi utuje, Nsigaranye ibikorwa byivugira muri wowe. Indangamirwa turagushimira!

    Waturirimbiye Magnificat, Reka iguherekeze mu majwi yacu, Abamalayika bayikirize, Ijuru rikwakire, Umutima w’Imana ukwishimire, Ukuruhure imibabaro yose ube mu mahoro yayo Mubyeyi. Indangamirwa Turagushimira

  • Umurinzi w’igihango Josephine Murebwayire yitabye Imana ku myaka 72

    Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki ya 6 ukwakira 2025 ni bwo hatangajwe inkuru y’akababaro y’uko Umurinzi w’Igihango Josephine Murebwayire yitabye Imana mu ijoro ryo ku cyumweru, mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe azize uburwayi.

    Ubutumwa bwatangwajwe n’umuryango Unity Club Intwararumuri, buragira buti “Tubabajwe n’urupfu rw’Umurinzi w’Igihango Madamu Joséphine Murebwayire witabye Imana kuri uyu wa 05 Ukwakira 2025 azize uburwayi. Ni igihombo gikomeye ku Gihugu, kuri Unity Club no ku bamumenye bose. Twifatanyije n’umuryango n’inshuti muri ibi bihe by’akababaro. Imana imuhe iruhuko ridashira”

    Mu kumuha icyubahiro no kuzirikana ubuzima bwe, uyu muryango wasangije bumwe mu butumwa Josephine yakunze kuvuga, aho yagize ati “Umubyeyi ni Umutima w’Igihugu, ni Umutima W’Urugo.”

    Ubutumwa bwo gukomeza inshuti n’umuryango wa Josephine bwatanzwe kandi na Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, wanditse aya magambo:

     “Mubyeyi Murebwayire Joséphine ugiye uri intwaza, intwari mu budaheranwa, umubyeyi wa benshi, icyitegererezo ku bato n’abakuru. Wahoraga ukeye useka no mu kababaro, abo wareze bakakwigiraho kuba ingeri. Sinigeze nkubona ukoresha uburakari. N’iyo wibukaga uburyo padiri Deogratias Gakuba yagutoterezaga mu ruhame i Ndera mu Kiliziya wabivuganaga ubupfura wigisha abantu kuba abantu nyabantu, ukabatoza iteka na hose kuba ba nyamutima ukunda abandi utarobunuye, nubwo jenoside yagutwaye abana bose n’umugabo wawe. Wari ufite ubwihangane n’urukundo rutagira imipaka. Wari imfura ya twese idutoza guhora duseka. Wari umucyo uhora uganje. Udusizemo icyuho, tuzakwibuka ubudacogora mfura y’ababyeyi. Tuzahora twigira ku bupfura bwawe. Itahire mubyeyi wizihiye abo wabyaye n’abo wareze. Itahire mucyo wahoraga uganje. Udutahirize miliyoni z’imfura usanze kwa Rugaba. Ruhukira mu mahoro.”

    Mu bamenye umubyeyi Josephine Murebwayire, harimo Assumpta Uwera na we wagaragaje akababaro atewe n’uko uwo yafataga nk’umubyeyi we yitabye Imana. Amwibukira kuri byinshi birimo urugwiro, gukunda gusenga, kugira impuhwe no gutanga impanuro ku bato n’abakuru.

    Mu butumwa bwe, Uwera yagize ati “Nyagasani weee! …Reka ne gukurikiza amarira Tante! Ruhuka neza Tante, ujyanye ibigwi, nta mwenda usize, ugiye utunganye Nyagasani aguhuze n’abawe wahagarariye neza abiguhere umudari w’ishimwe! Ndababaye ariko reka nkurekure wiruhukire wari ubikeneye! Ugiye mu kwezi kwiza ko gukunda igihugu, kandi mu kwezi k’umubyeyi Bikira Mariya wakunze! … tugize icyuho, ariko dusigaranye urwibutso rw’urukundo rw’Imana muri wowe! Abamalayika bagukikize, ijuru rikwakire mu ntore zaryo! Udusuhurize abandi! Ndagushimiye Tante!”

    Safi Mukundwa na we ari mu bamenye Josephine, akamufata nk’umubyeyi we kandi wamuhaye urukundo, akamuha inama, akamuha n’icyizere cy’ubuzima. Mu butumwe bwe, yagize ati “Iruhukire mubyeyi, Ntuzongera kubabara ukundi! Warwanye intambara nziza, watanze ubuzima kandi warirenze uha abandi ubuzima, icyizere n’ibyishimo.”

    Josephine Murebwayire yarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994. Mu rugo rwe yarokotse wenyine kuko umugabo we n’abana babo batandatu bose bishwe, agasigara ari inshike.

    N’ubwo yari afite ibikomere ku mubiri no ku mutima, yiyumvisemo umutima wo kwakira abana yabonaga ko basigaye nta babyeyi, nta n’undi muntu mukuru wo kubitaho, baba abo azi n’abo atazi, bose yarabareze.

    Murebwayire kandi ari mu batangije itsinda “Humura Nturi Wenyine” ry’ababyeyi b’inshike, bishyize hamwe ngo basangire ubuzima, bahozanye kandi bongere biyubake.

    Imana imwakire.

  • Uburezi n’uburere mu Rwanda rwo hambere: Umwana yari uw’ababyeyi bose

    Umuyobozi w’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yifashishije urubuga rwa X yatanze ikiganiro kigaruka ku buryo Abanyarwanda bo hambere bareraga abana babo. Muri icyo gihe, umwana ntiyatafatwaga nk’uw’ababyeyi bamubyaye gusa, ahubwo yabaga ari uw’umuryango n’igihugu.

    Mu Rwanda rwo hambere, umwana ntiyaharirwaga ababyeyi be gusa. Yafatwaga nk’umwana w’umuryango mugari n’abaturanyi. Ba nyirasenge, ba nyirarume, ba se wabo, ba nyina wabo, ndetse n’umuturanyi, bose bagiraga uruhare mu kumuha uburere.

    Rutaremara yagaragaje ko “Umubyeyi wese yari umubyeyi wa buri mwana, n’umwana wese akaba uwa buri mubyeyi”. Uburere bw’abana bwari ubwa rubanda: buri muntu mukuru yari afite inshingano zo kwigisha umwana indangagaciro, umuco n’imirimo y’ingenzi.

    Uburere bwatangiraga mu rugo

    Umwana akivuka kugeza agize imyaka 14 y’ubugimbi cyangwa ubwangavu, uburere bwe bwatangiriraga mu rugo. Ibi byabaga binyujijwe mu kwigana ibyo ababyeyi n’abakuru bakoraga:

    • Umukobwa yitozaga imirimo yo mu rugo: kurera no guheka abana, guteka, gusasa, gukubura no kwambara nk’abakuze.
    • Umuhungu yitozaga imirimo y’mbaraga n’ubutwari biciye mu mikino: kurashisha impiru, gusimbuka, kurushanwa mu kwiruka, gutera uruziga, kubuguza no gukirana.

    Umugoroba warageraga abana bose bakajya mu bitaramo by’imiryango aho bumvaga imigani, ibisigo, ibyivugo n’amateka y’igihugu. Ni ho bakuraga ubumenyi bw’indangagaciro, amateka n’imigenzo. Ku mugoroba bajyaga mu bitaramo by’abantu bakuru bakumva amakuru y’abantu bakuru. Kuko hari imirimo imwe yaberaga mu bitaramo abagore batari bahejwemo nko gusiga, indirimbo no kuvuga amateka. Mu Bucurabwenge abagore wasangaga ari benshi.

    Kwinjizwa mu muryango mugari

    Iyo umwana w’umuhungu yabaga arengeje imyaka 16, uburere bwe bwajyaga ku rundi rwego:

    • Abadafite ubushobozi: bagumaga mu rugo, bakiga imirimo isanzwe ariko bakongeraho amasomo y’ubwirinzi: kumasha, gutera icumu, gukinga ingabo no kwirwanaho.
    • Abifite ubushobozi buciriritse: boherezaga abana babo ibutware. Aho ni ho batozaga ubuhanga bwo kurwana no kwitabira ibitaramo by’abantu bakuru. Abo ni bo bavuyemo ingabo z’i butware, nk’Abashakamba.
    • Abifite kurushaho: boherezaga abana babo ibwami, aho bigaga intwaro n’ubuhanga bwo kurwana, ariko banigaga imiyoborere n’ubuzima bw’igihugu. Aho havuyemo ingabo z’i bwami, nk’Ingangurarugo.

    Ku ruhande rw’abakobwa, yaba umukene cyangwa umukire, bose bategurwaga kubaka urugo. Nyirasenge na nyinawabo babaga bafite inshingano zo kubakurikirana no kubategura mu mico no mu mirimo. Ariko nabo ntibabuzwaga kwitabira ibitaramo aho bumvagamo indirimbo, imigani, gusiga no gusobanurirwa amateka.

    Uburere mu Rwanda ntibwari ugutoza gusa gukora imirimo cyangwa kwiga intwaro. Bwabaga bugamije kurera umunyarwanda ufite indangagaciro z’ubutwari, ubumuntu, ubwitange, no kumenya amateka y’igihugu.

    Mu magambo ya Tito Rutaremara, uburere n’uburezi byari “isano ikomeye y’umuryango n’igihugu,” aho buri wese yagiraga uruhare mu kurera no kwigisha abana bose.

    Inyandiko ya Tito Rutaremara ntigaruka gusa ku mateka y’uburere mu Rwanda, ahubwo ni n’isomo rikomeye ry’uko sosiyete nyarwanda yabagaho mu bumwe n’ubufatanye, ikarera abana bose nk’abayo.

  • Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe! – Jeannette Kagame

    Ubu ni ubutumwa bwa Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame dukesha urubuga rwa Imbuto Foundation

    Mu minsi ishize twasangiye ubutumwa bwihariye ku bashakanye, none ndagarutse ngo tuganire no ku mugisha udasanzwe w’abashakanye, wo kwitwa ‘Ababyeyi’.

    Umwana ni ‘umugisha’! Nagira ngo munkundire tujyane mu rugendo rwe rwa mbere kugira ngo twumve ukuntu ntakiruta umwana! Uko agerageza gupfumbata urutoki rw’umubyeyi mu gapfunsi ke k’umwana ukivuka; wumva muri we umutekano.

    N’umubyeyi kandi nawe ni uko, yifuza kumuhora hafi. Yemwe n’iyo amaze gukura, umwana akomeza kuba umwana imbere y’umubyeyi.

    Umubyeyi akunda umwana we kurusha uko akunda ubuzima bwe bwite! Nta wakwemeza ko igihe cyose biba binoze. Akenshi umubyeyi ayoborwa n’igishyika cyo kumutegura no kumutegurira ejo hazaza, atinya ko hari icyagirira umwana we nabi. Ibi bikaba bishobora kugaragarira mu kugenzura abana cyane, kubacyaha no guhora abibutsa gukora neza kurushaho.

    N’ubwo hari abashobora kubibona nabi batyo, nta na rimwe umubyeyi abigirira inyungu ze bwite, nta n’ubwo abigirana umutima mubi.

    Hari ubwo umuntu yifuza ngo iyaba bishoboka, abana bakabasha kwiyumva nk’uko ababyeyi biyumva! Igishyika cy’ababyeyi, amajoro barara badasinziriye, amasengesho n’ineza babasabira ubutitsa, n’ibindi byose bagomba kwigomwa! Ahari wenda ntibabona igitutu  cy’ababyeyi cyangwa amategeko gusa! Ahubwo, basobanukirwa urukundo n’ineza batakura ku wundi, bibiherekeza.

    Uruhare rw’ababyeyi

    Muzi ko kenshi mbandikira mbaganiriza ibijyanye n’umuryango. Impamvu nta yindi, ni uko nemera ko ubumwe bw’umuryango utekanye butanga umusaruro mu kugira igihugu gitekanye.

    Iyo nandika rero, ntabwo ari uko mba mfite ibisubizo byose, ahubwo ni ukugira ngo tuganire kandi tujye inama.

    Uyu munsi nifuje ko tuganira ku kurera, turerera mu muryango utekanye, turera abakotanira u Rwanda!

    Kuba umubyeyi cyangwa kurera, ntabwo twahamya ko ari inshingano cyangwa umuhamagaro buri wese abamo bimworoheye!

    Nk’uko bikunze kuvugwa, “ntawe utagira inenge.”

    Nk’uko umwana adahitamo aho avuka, ni nako ababyeyi badahitamo abana babo, nta n’ubushobozi dufite bwo guhindura abana abo twifuza ko baba bo!

    Ese birashoboka kurera neza? Ese ubundi kurera neza ni ukuhe?

    Muri rusange umuntu agirwa no kwizera ndetse agahora ashakisha icyiza, ariko ntibinamubuza kugira impungenge.

    Muri iyi si yabaye umudugudu, ugengwa n’ikoranabuhanga, murabizi ko hari ubwo umuntu ashobora kuba ahantu hatandukanye icyarimwe, akitwara nk’abaho, akagira imico y’abaho nyamara atahageze! Ibiteye impungenge ni byinshi cyane rero, ku burere bw’abana.

    Izi mpungenge zituma umuntu yibaza ati ese twarera dute abanyarwanda buzuye; bazavamo abayobozi beza b’ejo, bazakunda igihugu bakakirutisha ibindi byose?

    Ibibazo nk’ibi, ntabwo tukigira umwanya wo kubyibaza, ahubwo abenshi duhugijwe no kureba ibigenwa n’ikoranabuhanga bigaragaza abahanga kurusha abandi, twirengagije ko igihugu kizima cyubakira ku cyerekezo kizima, ariko ko kigomba kugira n’abaturage bazima bubakitse, bafite imitekerereze mizima, bazatwara cya cyerekezo, bagasohoza imihigo.

    Dukunze gusubiramo kenshi ko umwana ari uw’umuryango. Ariko twongere dusubize amaso inyuma turebe uko umuryango wa none umeze. Ese umuryango uracyari wa wundi uhumuriza umwana cyangwa uramuhinda? Cyane cyane iyo atagera ku byo ategerejweho?

    Nk’abanyarwanda twemera ko ishyaka no kwihesha agaciro binyuza imfura ahakomeye! Mu kubitoza abato ariko twibuke ko kubumva no kubakosoza ineza ari ingenzi! Abana bakeneye ubumva, akababa hafi, bakagendana mu rugendo rwo gukura, gukora, gukosa no kwikosora!

    Abana iyo bumva badafite ubumva, batitaweho, hari ubita amazina cyangwa abaseka kuko hari uko batandukanye n’abandi bari mu kigero kimwe, n’ibindi bishobora gukomeretsa amarangamutima yabo, hari ubwo bibatera guceceka.

    Aka wa mugani uvuga ko ivu rihoze ari ryo ryotsa inzu, tuzirikane ko batazaceceka iteka ryose. Hari abazagaragariza uburakari bwabo, cyangwa se gucika intege, mu guceceka, hari n’abo bizaturikana mu buryo butagira gitangira.

    Bikabaviramo kugira imyitwarire mibi yatuma bigirira nabi ubwabo cyangwa se n’umuryango muri rusange.

    Uburere budahutaza nibwo bukwiriye n’igihe umwana afite imyitwarire itamenyerewe

    Ni koko buri mubyeyi akunda umwana we urukundo rusumba ibindi byose ndetse akumva ari igitangaza kuva akiri umwana muto, kandi ko azavamo umuntu udasanzwe. Iyo biramutse bitagenze uko umubyeyi abyifuza, hari ubwo ababyeyi n’abamurera bihutira kumwita utuzina dusobanura uko bamubona, ibyo bigatera umwana gukura yumva asa n’ubohewe aho hantu.

    Umwana ucecetse. Umwana ugoye. Umwana uri hagati na hagati. Umwana ukubagana… aya ni amwe mu mazina rimwe na rimwe akoreshwa mu kuvuga ku myitwarire y’abana kuva bakiri bato; ariko ibi tubivuga twirengagije ko umuntu ari mugari, atasobanurwa n’ijambo rimwe; ibi kandi nabyo biratandukana bitewe n’ubuzima n’imico abantu babamo.

    Bitewe n’ikigero cy’imyaka agezemo, umwana ucecetse hari aho afatwa nk’ufite ubumuga, uri hagati na hagati akenshi ntabwo ahabwa agaciro, naho ukunda kugerageza ibintu bishya agafatwa nk’inkubaganyi itumvira, mu gihe urangwa no kutaguma hamwe afatwa nk’ushobora guhungabanya abandi.

    Aya mazina yose n’ibyiciro dushyiramo abana hari uko afasha ababyeyi n’abarezi kumva batuje, ariko icyo twirengagiza ni uko akomeretsa amarangamutima y’abana, ndetse akabangamira n’ubwisanzure bufasha mu mikurire yabo. Twibagirwa ko buri mwana afite imiterere ye bwite n’impano ze, kandi n’imyitwarire tubonana abana iba ifite aho ihurira n’imiryango bakomokamo.

    Kurera ubwabyo ntabwo twavuga ko bifite ingingo ngenderwaho zidashobora guhinduka.

    Umwana w’imfura avukira mu muryango w’ababyeyi bakitoza kurera. Abamukurikiye bagahura n’ababyeyi batangiye kunanirwa, ariko bamaze kugira ubumenyi ku bijyanye no kurera.

    Nk’ababyeyi akenshi dushaka ko abana bitwara uko twifuza, tukirengagiza ko n’abakuriye hamwe, mu gihe kimwe, mu buryo bumwe, baba batandukanye.

    Ibi ni ukutibwiza ukuri ndetse rimwe na rimwe harimo no kudaha agaciro gakwiye uyu muhamagaro ukomeye wo kurera.

    Kwibukiranya gukosoza ineza, kurera kudahutaza, guha umwanya abana tukabumva aho guhora tubibutsa ibitagenda neza ntabwo mbibibutsa kugira ngo mutangire kurera bajeyi, ahubwo ni ukugira ngo twibukiranye ko mu mikurire y’umwana anyura mu byiciro bitandukanye.

    Umuhanga Jean Jacques Rousseau yabivuze neza ko abana babona isi mu buryo butandukanye n’abakuze, ko tudakwiye kubasaba kugira imitekerereze nk’iy’abantu bakuru, ko ndetse abana bafite uburyo bwabo bwo gutekereza no kumva ibyo bahura nabyo bijyanye n’imyaka bagezemo. Yongeraho ko turamutse duhaye agaciro ibi tutazongera kwitiranya imyitwarire tubona ku bana ngo tuyisanishe no kuba bafite uburwayi runaka cyangwa ngo tubite abana babi batumvira.

    Ibyo twita ubwenge ntabwo biza mu ishusho imwe kuri bose. Wa mwana utarashoboraga kwicara hamwe, uzasanga ari we ushobora kuvamo rwiyemezamirimo udasanzwe. Uwo babonaga nk’umwana ufite ibibazo, ashobora kuvamo umuhanzi w’igitangaza.

    Mu miryango no mu mashuri bihutira gushyira abana bose mu byiciro batekereza ko ari byo bizafasha mu kubaherekeza mu mikurire yabo, nyamara ahubwo birema ubwigunge mu bana, bakumva bahejwe. Ibi bishobora  kubatera kugira imyitwarire mibi, nyamara atari uko baremye koko, ahubwo ari uko nk’umuryango twananiwe kubitaho no kubaha umwanya wo kuba abo aribo.

    Twakora iki? Tubigenze dute?

    Ababyeyi bakwiye kwiga gukosoza ineza, bagahana batagamije gukoza isoni abana, bakabayobora baha agaciro n’umwanya ibyo abana bifuza n’uko biyumva. Dukeneye kubaka umuryango udaheza, wumva abawo, ukabaha umwanya wo kubaho batekanye.

    Abana bakwiye kwemererwa umwanya wo kwishakisha no kwimenya, bakagira umwanya wo gukosa no gukosorwa. Umwana ntakwiye na rimwe kugira undi agereranywa nawe cyangwa ngo ahore yumva gusa amagambo amutera kwishidikanyaho, ahubwo akeneye amagambo meza amwubakamo icyizere cyo kuzaba umuntu ushoboye.

    Nk’ababyeyi urukundo dukunda abana ntirukwiye kuduhuma amaso ngo dukomeze kubabundikira. Ni ngombwa gutekereza uko tubafasha guhangana cyangwa kwirinda ibyabagora mu buzima.

    Ku bw’urukundo nkunda umuryango munyemerere mbasigire ubu butumwa

    Umwana ufite uburere bwiza ntabwo ari umwana warinzwe ibibi cyangwa utarahuye n’ubuzima bugoye, ahubwo ni umwana weretswe urukundo, agatozwa kugira impuhwe, kwigirira icyizere, kugira inzozi zagutse n’ishyaka.  Byongeye kandi akigishwa ko gukosa atari iherezo ry’ubuzima, ko ahubwo akwiye kubikuramo isomo rimwubaka, rikamufasha guhindura imyitwarire.

    Kuri mwebwe abato bacu, hari igihe mwumva ababyeyi babahoza ku nkeke, babagenzura n’ibindi mushobora kumva bibangamye, ariko ntabwo ariko biri. Byose mujye mubibonamo urukundo n’inararibonye ababyeyi bashobora kuba babarusha.

    Bibaye ari ibishoboka ntacyo ababyeyi batakora kibizeza ko muzagira ubuzima bwiza butagira ingorane, ariko ntabwo ari uko ubuzima buteye. Uruhare rwanyu ni ngombwa mu kubaka ubuzima bwanyu.

    Ibi mushobora guhitamo kubifata nk’umutwaro uremereye mudashoboye gutwara cyangwa nk’impano y’ijuru n’amahirwe yo kubasha kwiyoborera ubuzima bufite intego, mufite n’ababibafashamo babakunda.

    Namwe ababyeyi, nifuje kongera kubibutsa ko iyo “Akabuto gatewe mu gitaka cyiza giteguwe neza, kagahabwa iby’ingenzi byose, karakura kakavamo igiti cy’inganzamarumbo kitanyeganyezwa n’ikibonetse cyose.

    Niba koko twifuza kurera abana bazavamo abanyarwanda bashoboye, badaterwa ubwoba n’ingorane z’ubuzima, ahubwo bahora bashakisha, batekereza icyazana impinduka nziza, dukwiye kububakamo ubudaheranwa; ibyo bakora ntibakabikoreshwe n’ubwoba, ahubwo bayoborwe n’ amatsiko aho gushaka kwisanisha n’abandi cyangwa kwiyerekana.

    Nsoza ubu butumwa nagira ngo nongere nibutse ko umuryango ari ishingiro ry’igihugu. Ubudasa bw’igihugu buhera mu muryango! Nk’uko natangiye mbivuga, ubumwe bw’umuryango n’ubw’igihugu, bwatweretse ko dushyize hamwe dukora ibirenze ibyo twifuza kugeraho. Buri wese yite ku mwana wese nk’uwe, tubyare kandi turerere u Rwanda abato bazakurana ishyaka ryo kurukotanira.

    Ndabashimiye byimazeyo uko mwakiriye ubu butumwa.

    Mbifurije umunsi mwiza wo gukunda igihugu.

  • Ijambo ry’Ibanze – Iya Mbere Ukwakira: Umurage n’Urumuri rw’u Rwanda

    Tariki ya 1 Ukwakira buri mwaka, u Rwanda rwizihiza umunsi wo gukunda igihugu. Umunsi w’iyi tariki urakomeye  cyane mu mateka y’igihugu. Ni umurage ukomeye ku Rwanda rw’iki gihe.

    Ni itariki igihugu cyageneye kuzirikana indangagaciro yo gukunda igihugu, indangagaciro yashyizwe mu kirango cy’u Rwanda hamwe n’ubumwe n’umurimo.

    Gukunda igihugu ni imyumvire yubaka u Rwanda igenda ishinga imizi mu migirire, mu mikorere, mu bwenge no mu mitekerereze y’Abanyarwanda.

    Tariki ya 1 Ukwakira 1990, ni itariki yabaye imbarutso yo guhindura icyerekezo cy’u Rwanda. Ni bwo abasirikare b’umuryango FPR Inkotanyi bambutse ku mupaka w’u Rwanda na Uganda wa Kagitumba, ziyobowe na General-Major Fred Gisa Rwigema, batangiza batyo urugamba rwo kubohora igihugu,

    Nyuma y’urupfu rwa Rwigema, Major Paul Kagame ni we wafashe inshingano zo kuyobora urugamba rwamaze imyaka 4 kugera ku ntsinzi, yahagaritse Jenoside Leta yakoreraga abatutsi mu 1994, igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni. Ni uko igihugu cyabohowe, Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igena icyerekezo gishya.

    Imyaka yakurikiye ibohorwa ry’igihugu yarimo ibikorwa by’inzibacyuho: kugarura umutekano mu gihugu cyari cyaragizwe umuyonga, guhangana n’ibitero by’interahamwe n’Abasirikare ba EX-FAR bari barahungiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo, no gucyura mu gihugu amamiliyoni y’impunzi. Guverinoma y’ubumwe yihaye inshingano yo guhangana n’ingaruka za Jenoside, kubaka igihugu gishya, kugarurira abaturage icyizere cyo kubaho no guha abaturage bazahaye icyerekezo bahuriyeho.

    Imyaka mirongo itatu n’umwe u Rwanda rubohowe irashize. Muri iyo myaka, abaturage n’abayobozi babo biyushye akuya, bagera kuri byinshi: umutekano w’u Rwanda n’abanyarwanda urarinzwe, impunzi nyinshi zaratashye, inzego z’imitegekere y’igihugu zirahamye kandi ziha abaturage serivisi zinoze, urwego rw’abikorera ni umusingi w’ubukungu bw’igihugu. Urwego rw’uburezi rwashyizwemo imbaraga, ku buryo abana bose bemerewe kwiga kugera nibura ku mashuri 12 y’uburezi bw’ibanze. Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye bahawe ubufasha na Leta, harimo kubakirwa amacumbi, kuvuzwa, kurihirwa amashuri no mu bikorwa byo kwiteza imbere.

    Gukunda igihugu kandi bigaragarira no mu bikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage: gahunda ya girinka, aho imiryango ikennye yahawe inka zitanga amata, gushyiraho ubwisungane mu kwivuza ku baturage bose, kugeza amazi meza n’amashanyarazi ku baturage, kwegereza ubuvuzi abaturage kugera ku rwego rw’imidugudu. Itorero ry’igihugu ryongewe guhabwa umwanya, nk’urubuga rw’uburere mboneragihugu no gukunda igihugu bigenewe abato n’abakuru.

    Ku buyobozi burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, gukunda igihugu bashyizwe mu ngamba z’igihugu. Umuyobozi ushishoza, ushyira umuturage ku isonga, bwubatse igihugu kigendera ku mategeko, ubutabera kuri bose, kurwanya akarengane na ruswa, kubazwa inshingano no gutekereza byagutse cyangwa kureba kure.

    Nyuma y’imyaka mirongo itatu n’umwe igihugu kibohowe, imihanda, amashuri, amavuriro, serivisi zitumanaho rishingiye ku ikoranabuhanga na interinete byashyizwemo ingufu: iyi ni ishusho y’icyerekezo cy’igihugu kiyubashye kandi cyubashywe mu ruhando mpuzamahanga cyangwa gifite ijabo n’ijambo nk’uko biri mu ndirimbo y’igihugu.

    Mu bukungu, u Rwanda rwiyemeje gukurura ba mukerarugendo basura u Rwanda n’bashoramari bashora imari yabo mu Rwanda muri gahunda yo gushaka amaboko mu ruhando rw’amahanga, binajyanye n’icyerekezo rwihaye cyo kuba igicumbi cy’ubukerarugendo ndetse na siporo.

    Kuri uyu wa 1 Ukwakira 2025, dusubize amaso inyuma, twongere dufate ingamba kandi dukaze intambwe kuko urugendo rwo kubaka u Rwanda ruracyari rurerure. Iki ni gihe cyo guhamya intambwe mu gukomeza kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo, kurinda ubusugire bw’igihugu, gusigasira indangagaciro z’umuco wacu mu rubyiruko no mu bakuze, kurinda ubumwe bw’abagize umuryango, no kurandura ubukene tugamije kubaka u Rwanda rutekanye, ruzira ubukene, mu iterambere rirambye. Gukunda igihugu si umurage gusa, ni urumuri ruyobora u Rwanda, aho ubumwe n’umurimo ari inkingi rwubakiyeho.

  • Bavuze iki kuri Shampiyona y’amagare yabereye i Kigali?

    Kigali, umurwa mukuru w’urwa Gasabo yanditse amateka ku isi. Kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025, yakiriye irushanwa ry’isi ry’umukino wo gusiganwa ku magare ribereye ku nshuro ya mbere muri Afurika.

    Uko imyiteguro yagenze, uko irushanwa ryagenze, uko abasiganwa barushanwe, uko abafana bitwaye mu gushyigikira abakinnyi, umutekano mu isiganwa no hanze yaryo, urugwiro abanyarwanda bagaragarije abashyitsi… umva uko abayobozi bamwe n’abitabiriye imikino babivuzeho:

    Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda

    Ku rubuga rwa X, Perezida Paul Kagame yagize ati:

    U Rwanda rwishimiye kwandika amateka yo kwakira iri siganwa ku rwego rw’isi. Ndashimira abakinnyi bose basiganwe mu murwa mukuru wacu, n’uko bagaragaje ubwitange n’umurava.
    Ndashimira inshuti yanjye David Lappartient, ikipe yose ya UCI, abafatanyabikorwa, inzego zabungabunze umutekano mu nzira zose, by’umwihariko, abaturage b’u Rwanda bagaragaje imbaraga no gushyigikira irushanwa byatumye Kigali2025 iba irushanwa ry’akataraboneka kandi ritazibagirana.

    David Lappartient, Perezida wa UCI

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku isi, yanezere maze aravuga ati:

    Wow Kigali2025! Biragoye kubona amagambo yo gusobanura ibyishimo by’uyu munsi! Mwarakoze ku ishyaka mwagaragaje, ku mihanda no hanze yayo, ubwo abafana bakiraga Tadej Pogačar wongeye kwisubiza umwambaro w’amabara y’umukororombya, Remco Evenepoel watsindiye umudari wa Feza, hamwe na Ben Healy wegukanye Umuringa. Mwarakoze mwese ku bw’uyu munezero! Warakoze Kigali! Warakoze Rwanda!

    Kigali2025 irarangiye, none ubu amaso tuyerekeje i Montreal2026! Nifurije ikipe y’Abanyakanada amahirwe mu myiteguro y’imikino itaha, kandi ndashimira byimazeyo Kigali kuba yaraduhaye ibyishimo by’amateka.

    Ni ishema kubana n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame n’igikomangoma Albert II wa Monaco mu muhango wo gutanga ibihembo bisoza isiganwa. Mwarakoze kubana natwe no kudushyigikira muri iyi mikino ibereye muri Afurika ku nshuro ya mbere.

    Irushanwa ryo gusiganwa ku magare yabereye i Kigali muri 2025 ryanditse amateka! Turashimira byimazeyo Perezida wa FERWACY, Samson Ndayishimiye. Gukorera ku ntego no gukorana umurava kwe byatumye iyi mikino igenda neza cyane, yandika izina mu Rwanda no ku rwego rw’isi.

    Amina Lanaya, Umunyamabanga Mukuru wa UCI

    Undi muyobozi utarahishe amarangamutima ye ni Amina Lanaya, Umuyobozi Mukuru muri UCI, washimye imitegurire myiza n’ukuntu mu Rwanda bamwakiriye neza:

    Mu myaka makumyabiri maze nkora uyu murimo, sinigeze mbona igikorwa giteguwe ku rwego rwo hejuru nk’uru. U Rwanda rwazamuye urukiramende mu gutegura irushanwa ry’umukino w’amagare ku isi.

    Kwakira ku nshuro ya mbere iyi mikino muri Afurika, byandenze. Kuva nkigera i Kigali, uburyo imyiteguro yari ku rwego rwo hejuru, byatumye niyumvamo akanyamuneza. Irushanwa ry’amagare ku isi i Kigali mu mwaka wa 2025 ni ryo rya mbere riteguye neza kurusha ayandi yose nabonye.

    Tadej Pogačar, wegukanye isiganwa ry’abagabo – Elite

    Uyu munyasiloveniya ni we gihanganye mu basiganwa ku magare ku rwego rw’isi. Ni we wa mbere mu mateka wegukanye Tour de France na Shampiyona y’isi mu imyaka ibiri ikurikirana, i Zurich 2024 na Kigali 2025. Tadej Pogačar yagize ati:

    Nishimiye cyane iki gihugu cy’imisozi igihumbi. Kuva nagera aha kugeza ubu, muri jye isura y’u Rwanda ni nziza cyane. Nakoze imyitozo myiza hano ndi kumwe n’umukunzi wanjye Urška Žigart, hamwe n’ikipe yanjye. Ibi byatumye irushanwa rirushaho kumbera agahebuzo.

    Nishimiye cyane iyi ntsinzi. Kwambara ku nshuro ya Kabiri umupira w’amabara ya UCI ntibisanzwe. Uburyohe bwa Kigali bwaramfashije cyane, nk’akazamuko ko kwa Mutwe (mur de Kigali) n’akandi kazamuko ka Kimihurura, kugeza ngeze ku murongo wa nyuma kuri KCC. Twari dufite igitutu gikomeye nk’abahabwaga amahirwe, ariko twabigezeho nk’ikipe. Ndishimye kandi ndanezerewe.

    Remco Evenepoel, watwaye umudari wa Feza

    Uyu mubirigi ni we wari wegukanye umudali wa Zahabu ku munsi wa mbere mu gusiganwa n’ibihe. Yaharaniraga kubona umudari wa kabiri wa Zahabu i Kigali. Kutagera kuri iyo ntego ntibyamushimishije, ariko yishimiye umusaruro w’ikipe ye:

    Twatsindiye Zahabu na Feza. Turishimira kuba dutahanye imidali ibiri. Ni igikorwa cy’ubufatanye bukomeye kandi ndashimira ikipe yanjye yose ku bwo kuntera ingabo mu bitugu mu minsi icumi ishize.
    Vuba, tuzongere duhurire mu marushwanwa y’i Burayi.

    Nelly Mukazayire, Minisitiri wa siporo

    Ibikorwa by’irushanwa ry’isiganwa ku magare biri mu nshingano za Minisiteri ya Siporo iyobowe na Minisitiri Nelly Mukazayire. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, mu byishimo byinshi, yashimiye umukuru w’igihugu, ku buyobozi bwe bureba kure, bwatumye izi nzozi zisohora, maze agira ati:

    Waramutse Rwanda! Mbega icyumweru kitagira uko gisa, mbega ibihe byiza! Amateka ariyanditse! Ntewe ishema no kuba uyu munyarwanda uyu munsi! Ndashimira mbikuye ku mutima Nyakubahwa Perezida Kagame, umuyobozi ureba kure, washyize u Rwanda ku rwego ruhanitse, tukaba twakiriye iri rushanwa, kandi siporo itwinjiriza nk’uko bigenda ahandi ku isi.

    Urugendo rurakomeje… Ndashimira abagize komite itegura yo ku rwego rw’igihugu, abakorerabushake bakoze abanywa n’ijoro, abadufashije mu myiteguro bagashyiraho ibikorwa remezo byiza cyane,

    Abari bafite ibyo bamurika ahagenewe gufana, Abashyushyamuziki (DJs) abahanzi basusurukije abitabiriye irushanwa.  Ndashimira cyane abafana bo mu mujyi wa Kigali. Mwatumye iki gihe kiba ikirenga!

    Inseko yanyu, indirimbo zanyu, imbyino zanyu no gushyigikira abasiganwa muri iki cyumweru cyose byari byuzuye ubunyarwanda!

    Twikomereze Imihigo, twubake u Rwanda rutubereye kuko dukwiye ibyiza maze Rweme no kwisi hose.

    Thierry Kayishema, Umunyamakuru

    Umunyamakuru Thierry Kayishema wa Televiziyo y’u Rwanda wagejeje ku Banyarwanda irushanwa ryose kuva ritangiye kugeza risoje, aremeza akanasoza abaza. Ngaya amagambo ye:

    Kuri jye iyi ni imwe mu nkuru nziza za shampiyona y’isi y’isiganwa ku magare: Urukuta rwa Kigali – Kwa Mutwe (Mur de Kigali) mu Rwanda. Uru ruhigitse urukuta “beat Mur de Huy” rwo mu Bubirigi mu bwitabire bw’abafana no gushyushya aho igare rinyura.

    Ubundi Isi yari igishidikanya none ubu impaka zacitse Isi yagiraga inkuta 2 z’igare, Mur de Huy mu Bubiligi na Mur de Kigali mu Rwanda.

    Ejo kwa Mutwe hahise haca impaka. Abageze kwa Mutwe mwarakoze kuduhesha ishema, Nonese niba wari uhari wiboneye n’amaso yawe icyo urukundo ari cyo? Wabonye iki?

  • Umushinga “Dukore Twigire” uzubaka ubushobozi bw’impunzi n’abaturage bo mu miryango yabakiriye  

    Muri Lemigo Hotel i Kigali, ku wa gatatu tariki ya 17 Nzeri 2025, habereye umuhango wo gutangiza umushinga Dukore Twigire, watewe inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ukazashyirwa mu bikorwa na World Vision Rwanda, Caritas Rwanda ndetse n’Umuryango Nyarwanda ugamije Iterambere (RODI), n’abandi bafatanyabikorwa.

    Uyu mushinga uzafasha imiryango irenga 2 133, aho 70 % ari impunzi naho 30 % ari Abanyarwanda bo mu miryango yabakiriye, kugira ngo bikure mu bukene bukabije binyuze mu kwigira no kongererwa ubushobozi.

    Umuhango wo gutangiza uyu mushinga witabiriwe n’abayobozi barimo Minisitiri Albert Murasira, ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), Umuyobozi wa World Vision Rwanda, Madame Pauline Okumu, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura, Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) mu Rwanda, Madame Aïssatou Ndiaye, ndetse n’uhagarariye RODI Rwanda.

    Mu ijambo rye, Pauline Okumu yashimangiye ko uyu mushinga utagamije gufasha imiryango binyuze mu guhabwa imfashanyo zitangwa n’impano, ahubwo ugamije kubafasha binyuze mu kubongera ubushobozi no kwigira:

    «Twizeye ko nibura 70 % by’imiryango izahabwa ubufasha izava mu bukene bukabije, bidaturutse ku guhabwa impano, ahubwo bazahabwa ubushobozi bwo kwigira no guharanira ubudaheranwa».

    Minisitiri Albert Murasira yishimiye uyu mushinga, anashimira Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’uburayi, World Vision n’abandi bafatanyabikorwa. Yagaragaje kandi ko ubu bufatanye buzagirira akamaro impunzi n’imiryango y’Abanyarwanda yabakiriye.

    Ibiganiro byatangiwe muri uwo muhango, byagarutse ku ntego z’umushinga, uburyo uzashyirwa mu bikorwa n’akamaro uzagira mu guteza imbere imibereho y’abagenerwabikorwa. Hagaragajwe kandi ingamba zo gufasha impunzi n’abaturage bo mu miryango yabakiriye kwigira no kuva mu bukene mu buryo burambye.

    World Vision Rwanda ni umuryango wa gikirisitu ukora ibikorwa by’ubutabazi n’iterambere. Umaze mu Rwanda imyaka irenga 30, mu bikorwa birimo kurengera abana, guteza imbere uburezi, ubuzima, umutekano w’ibiribwa n’iterambere ry’imiryango. Intego nyamukuru yawo ni ukwita ku bana n’imiryango ikennye mu kubafasha kugira ubuzima bwiza no kwikura mu bukene.

  • Indirimbo ya mbere y’abashyingiranywe: Imbyino y’ubuzima bwose – Jeannette Kagame

    Ibisobanuro by’ubwanditsi:

    • Ubu butumwa bwanditswe na Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, busohoka mu Cyongereza ku rubuga rwa Imbuto Foundation
    • Ubwanditsi bwa La Une bwabushyize mu Kinyarwanda kugira ngo bububagezeho hano.

    “Umugore mwiza atanga byose, agakenera bike. Kubaha bikamubera ikamba.”
    “Umugabo nyawe agira inshingano imwe yo guhahira urugo; arayobora, agategeka nta komyi”

     “Gushyingirwa kugamije gusa kubyara abana…urukundo n’ibyishimo ni nk’amahirwe y’inyongera.”

    Nizeye ko aya ari amagambo y’ibihe byahise.

    “Mu rushako, byose mu ni mirongo itanu kuri mirongo itanu, itegure kubara neza!”

    “Buri gihe banza wihitemo wowe ubwawe, bizatuma ubona umwiza kurusha.”
    “Niba uwo wahisemo atanogeye abandi, ubona koko uyu ari we ugukwiye?”

    Biragaragara ko ibi ari ibitekerezo by’igihe cyacu. Reka tuvuge, nk’uko dusanzwe tubigenza.

    Tuvuge ibyacu, mu buryo bwacu. Ntitugamije guca imanza, cyangwa gushaka kwemerwa n’abaturi kure. Twemere kwakira itandukaniro ry’ibihe, kuko bidufasha kwagura uburyo dutekereza tukarushaho gusobanukirwa. Nimucyo tuganire mu bwisanzure no mu mutuzo. Ndanditse, ariko kandi nizeye no gutega amatwi.

    Ngira ngo ni urukundo mfitiye urubyiruko… Ngira ngo ni ukubera ko nkunda urukundo. Ariko ineza y’umuryango nyarwanda – urwibutso rw’urubyiruko rwacu – haba ku bijyanye n’ubuzima bwuzuye bwa muntu, izahora ari intego yanjye nkuru.

    Hari aho nshobora kuba narabivuze mbere, ariko mfite ishema ryo kongera kubisubiramo: Kugira imiryango ihamye bigomba kuba intego yacu kugira ngo u Rwanda, igihugu kirimo gukira ibikomere by’umubiri n’iby’umutima, na cyo kibe gihamye.

    Mu minsi ishize nitabiriye igikorwa nakurikiyemo ikiganiro –  cyibanze ku iterambere ry’ingo z’abashakanye zitaramara imyaka myinshi (zikiri nto) – nahakuye ibitekerezo byiza, nshaka kubashyirira ku meza.

    Haba hari ikintu cyo gutera impungenge?

    Namwe mwarabyiboneye; ku isi hose, kwigunga biragenda biba ikibazo rusange, mu bihugu bimwe na bimwe ho binagafatwa nk’“icyorezo”.

    Hagati aho, mu biganiro by’iki gihe, urugo rurimo gufatwa nka Purugatori… aho abashakanye bananiwe kuganira, abana ubwabo bakumvwa nabi, inzozi n’icyizere by’abantu bigakendera buhoro buhoro, bikagera n’aho kuzima.

    Sinemera ko iterambere ry’iki gihe ari ryo twashinja ibi byose… ariko kandi mfite n’icyo kubivugaho.
    Urugo rwahoze ari urw’abasangiye intego, ubu rurasenyuka bitewe no kwigunga kw’abarugize; kubera kwiyumva k’umwe ko arusha undi ubushobozi. Ibi ni ibitekerezo akenshi by’inarijye (kwikunda) nyamara ni ibitekerezo bidafite ishingiro.

    Kuba nyamwigendaho birarushaho kwiyongera, ari byo bituma ku isi yose umuryango wugarijwe.

    Mu bihugu byinshi, imiryango igizwe n’abakuze, aho usanga umubare w’abana bavuka waragabanutse. Ibi biterwa n’igitekerezo cya benshi ko kwigira ubwawe ari uburenganzira.

    Hari “imigenzereze mishya” numva, nkasanga isekeje kandi itangaje. Ese ni gute umuntu ashobora kuvoma umubano hanze ya kamere, agashyira ku ruhande umushyikirano dusanzwe tuzi, kuboneka no kwita ku bintu bigasimbuzwa imashini cyangwa porogaramu za mudasobwa?

    Ni gute umuntu ashobora kwishingikiriza, cyangwa gusaba imbuga nkoranyambaga ngo zimushakire “umukunzi” akwiye gukurikira, agasimbuza ibiganiro nyakuri n’umushyikirano utumenyetso twa “likes” na “emojis”, kurambagiza bigasambuzwa uburyo bw’iyakure bukonje kandi budasaba gushyiraho umwete?

    Birashoboka ko mwebwe rubyiruko, mufite ubuzima bubagoye!

    Ariko ku rundi ruhande, mufite ibikoresho bidasanzwe byo kubaka no kubungabunga umubano mwiza kandi usesuye. Mu biganza byanyu, mufite ibyangombwa byose byabafasha kugera no kwita ku bo mukunda, mu masegonda make, mushobora gusuhuza, kuvuga ijambo ryiza no kubara inkuru zisekeje. Ikoranabuhanga ry’iki gihe, ryoroheje ibintu ku buryo butigeze bubaho mbere.

    Ku bantu nkatwe, aho mu gihe cyacu guhamagara kuri telefoni zitagendanwa byari imbonekarimwe, tugategereza twihanganye kuzabona ibaruwa iturutse mu iposita, ibaruwa yandikishije intoki yakugeraho ugasanga wandikiwe amagabo make (utitaye ku mubare w’amapaji), twe twategerezaga amezi ndetse n’imyaka tutabonana n’abo dukunda. Urubyiruko mwebwe, ubu mufite amahirwe adasanzwe, impano y’agaciro gakomeye, hafi kugira umugisha n’ibitangaza. Mbega ukuntu twe twari kubikunda cyane!

    Bijya bingora kumva neza iby’iyi si y’iki gihe, iyi si y’ikoranabuhanga kandi ituwe n’abantu. Ihagaze ku rubibi hagati y’ibyahozeho kandi ibyigizayo, n’igihe kizaza gikomatanya byose, ariko na cyo kitagaragaza icyizere.

    Byatangiye ryari ngo dukure twihimbaza twebwe ubwacu? Tugashimagiza ubunebwe mu bwo kutita ku bandi, no kwita ku mutima w’undi?

    Umuntu ni ikiremwa cyagenewe kubana n’abandi

    Twaremwe ngo dushake inshuti, dusangire ubunararibonye n’intego, dukurire hamwe, dushyigikiwe n’urukundo no kwita bamwe ku bandi.

    Birashoboka ko hari ubwisanzure mu kwemera ibyo umuntu akenera: kubaho muri ubu buzima ufite uwo muri kumwe, urebwa, wumvwa, witabwaho igihe uri mu ntege nke, unashimirwa igihe hari ibyo wagezeho.

    Tuzi ko ubufatanye buhamye butuma umuntu abaho atekanye mu marangamutima no mu mibereho: bigabanya umuhangayiko, bikomeza imibanire y’abantu, byubaka neza imibereho mbamutima, byongera ubushobozi bwo guhangana n’umujagararo. Ni byo kamere yateganyije: Ni ahantu abakundana bubaka ibihora bibibutsa ibyiza, bagakomeza kuryoherwa n’intego hamwe n’inzozi basangiye bari kumwe. Urugo ruryoshye ni urutuma abashakanye bashobora kwisanzura umuntu ku giti cye, mu muryango no mu nshingano z’umwuga.

    Abana bakurira mu ngo zibitaho neza, bazagira amahirwe yo kuba abanyempuhwe, bifitemo ikinyabupfura, banagire imibanire myiza n’abandi. Ibi ntabwo ari inzozi; ni ibintu bifatika tugomba kuzirikana, muri iyi si itera imbere kandi ihindagurikana umuvuduko.

    Inshingano se? Umutwaro se? Ninde wamenya?

    Hari umunsi numvise ijambo “intambara ishingiye ku bitsina” maze ntekereza ko, nk’uko bikunze kuvugwa, Ying yaba arwanya yang we, cyangwa Yang na we arwanya Ying we (Imana yonyine ni yo izi ubifitemo inyungu) birambabaza cyane. Bimaze iki kwishyira hejuru kandi ubufatanye ari bwo bubafitiye akamaro? Ibi bibangamiye urukundo n’ingo zitekanye. Biterwa n’iki ngo abantu be gukorera hamwe?

    Yego, kuba abantu bose bareshya byo ntibigibwaho impaka. Ariko, muri iki gihe cyo kubaka ubushobozi, abashakanye bashobora gutakaza ibyabafashaga kubungabunga urugo rwabo ruzima.

    Inshingano za buri wese zikunze kwibazwaho cyangwa guhakanwa bitewe n’“ihangana rishingiye ku giitsina”… batitaye ku guhindura izi nshingano bijyanye n’imbaraga z’umuntu, imiterere ye, n’igihe turimo.

    Iki si igitekerezo cyo gushaka kugarura ubusumbane bwahozeho; ahubwo ni ukwibutsa ko inshingano, zemeranyijweho, zijyanye n’imiterere y’umuntu, kandi zishingiye ku bwubahane, zizahora zikomeza ubumwe bw’umuryango.

    Gushyingirwa biranezeza, ariko wakura he umurongo ngenderwaho?
    Uko iminsi igenda ihita, mu biganiro rusange, abantu barushaho kudahana imbabazi.

    Ubuhangange bushingiye ku miterere kigabo buragenda busesengurwa nabi, bikagenda byivuguruza kandi bigashyira umugogoro ku rubyiruko rurimo kwinjira mu myaka y’ubukure.

    Ku rundi ruhande, mu mibanire, uruhare rw’abagore mu rugo ntiruhabwa agaciro, kandi ibibazo bibangamiye abagore, byaba ibishingiye ku mubiri n’ibishingiye ku marangamutima, bikomeje kwirengagizwa.

    Nk’uko twese twabibonye, bamwe bahisemo kugenda bitana bamwana muri iyi nzira y’inzitane, buri kiganiro kikaba intambara yo kurwanira ububasha, aho usanga buri wese yegeka ikosa kuri mugenzi we.

    Kurinda ururimi, kurubuza ko hari icyo rwangiza kitabasha gusanwa, bisa nk’ibyibagiranye. Ariko gutekereza neza ni ngombwa mbere yo kuvuga, kandi buri gihe kubaha bigomba kugira imbibi zabyo. Guhitamo guceceka na byo si umuti ukwiye; ni igihano cya cyana, kandi no gukankamira undi biganisha ku kumutera ubwoba cyangwa kumutesha agaciro.

    Icyiza ni ukuba hagati, kuba umunyembabazi mu rugo mwiyubakiye kandi mugomba kurinda… intambwe ku yindi.

    Ibyacu, ku bwacu, bikozwe natwe

    Mu Rwanda, intego yo gutaha mu gihugu, irenze kongera kubaka abantu. Nyuma y’imyaka abantu baratandukanyijwe ku ngufu, kongera kubaka igihugu byasabye benshi gutaha; ariko byanasabye kongera kubaka umubano mu bantu, kuboneka, icyizere, serivisi no kubana mu mahoro, mu ntego n’ibyiza bihuriweho.

    Byasabye kongera kwiga kubaha urugo, kwita ku bagize urugo, no kwemera kwakira urukundo.

    Kuri twe, kubaha, kwiyemeza, no gutanga serivisi mu ngo bigira ingaruka zigaragara: kubaka imibanire mbonezabupfura no gushyigikira isano yo gufatanya kubaka igihugu.

    Kuri benshi muri twe bize gukunda u Rwanda bari hanze yarwo, ariko tukaba mu ngo zizihiye u Rwanda, kubaha amategeko no gukunda igihugu bishobora kubakirwa mu rugo, aho ikinyabupfura no kwita ku bandi, biba umusingi wo kubaka umuturage muzima.

    Impamvu dukora ibi byose, ni iyo mibanire myiza, ni uko guhuza. Urukundo ni yo mpamvu yo kongera kubaka, gushaka kugera ku byiza no gutinyuka gutekereza byagutse.

    Burya rero, “imbaraga z’igihugu zituruka ku gukomera k’urugo.”

    Wasanga wibeshya ko igihe havutse ibibazo, wabikemuza gukuramo akawe karenge.

    Ariko ugasanga udashobora kubakira ku byo mufite, mu rukundo rwonyine, udatekereje gusigasira igikwiye gusigasirwa.

    Akenshi, ibi bisobanuye guhitamo gusubira mu rugo; kunyura mu miraba ihita, kwanga kuva mu bwato,  kubera icyo uha agaciro kuruta ibindi, bigatuma uguma mu ngamba.

    Byagenda bite aya mahitamo aramutse ari yo karundura?

    Ni byo… gukunda no gukundwa. Yego, ni igitekerezo gisanzwe, ariko kikaba igishoro gikomeye kandi kizabyara inyungu nyinshi!

    Mureke tugire ingo zacu aho ahantu h’ibyishimo bisangiwe, kandi birambye, ubuhamya bwo kudatezuka, gusangira no kugendana nta we usize undi ibihe byose by’ubuzima.

    Ku bantu barwanye urugamba, ariko bakisanga byanze ko bahuza, umuryango ni wo ukwiye kubabera isoko yo gutekana mu kongera kwiyubaka no gutandukana mu bupfura.

    Ariko, burya buri munsi w’umubano watanzwe n’ijuru, waba mwiza cyangwa ugoye, ntuzigere utakaza icyerekezo cy’inyungu yo kubona undi munsi muri hamwe: umurage w’urukundo n’amahoro arambye.

    Mpora nzirikana ibyiza byanyu!

     

    Byanditswe na:

    Nyakubahwa Jeannette Kagame

    Madamu wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika

  • Ubutumwa buvuga ngo «nyuma y’iyo mihango, abatumiwe bazakirirwa mu rugo rushya rw’abageni», bwazimiriye he?

    Mu myaka ya vuba aha, ubutumire mu bukwe bwasozaga buvuga ngo … nyuma y’iyo mihango, abatumiwe bazakirirwa mu rugo rushya rw’abageni… hakiyongeraho kumenyesha amasaha n’aho urwo rugo ruherereye. Imihango ivugwa yabaga yabanje ni ugusaba no gukwa (akenshi byabaga byarabaye mbere kandi bikabera iwabo w’umukobwa mu rugo), gusezerana imbere y’amategeko no gusezerana mu idini.

    Ubutumire mu bukwe bw’iki gihe usanga bwanditseho ko gusaba no gukwa bizabera muri nzu mberabyombi runaka, mu busitani ubu n’ubu, mu ihema iri n’iri cyangwa muri Hoteli runaka. Biragoye kuzongeara kubona ubutumire bw’ubukwe buzabera kwa Naka iwabo w’umukobwa mu gusaba no gukwa, cyangwa kwakira abatumiwe igihe cyo guhekerwa umugeni mu rugo rushya rw’umusore warongoye.

    Ubukwe bwahoze buba mu gihe cy’iki cyangwa impeshyi. Ni igihe cy’izuba, nta no kwikanga ko imvura yvunda. Imyaka yabaga yeze cyane cyane amasaka yashigishwagamo ikigage n’ubushera, ibitoki byengwagamo urwagwa n’umutobe w’abatanywa agasembuye.

    Ubu gucyuza ubukwe ni ukwikokora   

    Iyi ndirimbo ya Senderi iracyumvikana mu matwi ya benshi: Ngo “Salle na sonorisation ngo ni miliyoni …Abasore bo mu mujyi nimuze tugende kurambagiza mu cyaro, hano mu mugi biragoye…birahenze.” Burya umuhanzi ahanga akurikije ibyo abona, ak’abanyarwanda bagira bati “Umugani ungana akariho”.

    Ubu umunsi w’ubukwe utangira mu gitondo saa tatu ukarenza saa sita z’ijoro. Imisango yo gusaba no gukwa abenshi barayikererwa, mu rusengero ho hasigaye hajya mbarwa, kwifotoza bitwara umwanya utari muto, kwakira umukwe n’umugeni bitangira salle yuzuye, bikajya gusoza hasigayemo mbarwa, gutwikurura mu gicuku, ahahimbwa ko ari ho ababyeyi bubakiye abana, bikorwa nko kurangiza umuhango, ngiyi isura nshya y’ubukwe bw’iki gihe.

    Igisharagati kimukiye “salle”, ubusitani n’amahema byateguriwe kwakira imbaga. Imitako ishashagirana, abakobwa n’abasore benshi bagaragiye umugeni n’umukwe, n’imbaga y’abana bato n’ababyeyi bakuze bo gusohora umugeni, abasore baherekeje mushiki wabo bakamurekura ari uko muramu wabo abapfumbatije ibahasha, impano zipfunyitse zo guhabwa abagize umuryango, imishanana mu gusaba no gukwa, amakote n’amakanzu mu Kiriziya n’gihe cyo kwiyakira, abogoshi kabuhariwe n’inzobere mu gutera abakobwa igishahuro (make up),  intyoza mu guhuza ibiganiro, abasaza bakabiriza imisango, itorero ryo gususurutsa abashyitsi n’abasangwa, abatahira bavuga amazina y’inkwano zatanzwe mu mafaranga, abafata amafoto na videwo, Hoteli cyangwa Resitora zo kugaburira abitabiriye ibirori, umutsima wo gucishamo urutamyi n’imiriro iwuherekeza… ibi byose ni amafaranga.

    Ongeraho rero imodoka z’ubwoko bugezweho zirimbishijwe zitwara umukwe, umugeni n’ababagaragiye, ubukode bw’inzu nziza urugo rushya ruzaturamo nibura amezi 3 no kujya mu kwezi kwa buki bikorerwa ku mazi cyangwa ahandi hantu nyaburanga.

    Ubu kandi hadutse ibindi bikorwa bitwara amafaranga atari make, ibirori byo gutera ivi bitwara akayabo n’ibyo gutegura umukobwa (byiswe bridal shower).

    Ongeraho rero inzoga zikomeye zo gusaba umugeni n’izo kwakira abatashye ubukwe.  Mu misango, ijambo ryose ribanzirizwa no gutura inzoga. Ese mwabonye uko umusaza apfundurirwa inzoga y’ubwoko bumwe yakira mugenzi we, agapfundurirwa inzoga y’ubundi bwoko isaba ijambo ryo gusaba umugeni, kandi abashyitsi basanze afite ubundi bwoko bw’inzoga asanzwe anywa? Biriya birahure bitatu by’inzoga 3 zinyuranye biteretse imbere y’umusaza mukuru, mwe mubona bifite injyana?

    Ntibivugwaho rumwe ariko

    Bamwe baravuga ko ubukwe bw’ubu burimo gusesagura no kwita ku bigaragarira amaso, ntihategurwe umugabo n’umugore bazuzuza inshingano z’urugo bazaba bamaze gushinga. Uretse amikoro, bitwara kandi n’umwanya wa benshi, nko mu gutanga impano usanga buri wese afata ijambo akanafata ifoto n’abageni, ubukwe bugakweduka birenze urugero.

    Nyamara ariko, abandi bavuga ko ibihe byahindutse, isi yabaye umudugudu, umuco munyarwanda wahuye n’indi mico, kandi igihe tugezemo kiyobowe n’ifaranga n’ubucuruzi, ngo bityo ubukwe na bwo bwinjiye mu byinjiriza abikorera barimo abanyempano n’abacuruzi.

    Ese mubona bikiri ngombwa ko ubukwe butahwa n’abantu 1000, 800 cyangwa se 500? Ese ubukwe bubaye ubw’imiryango, inshuti za hafi n’abaturanyi, hari icyo byakwica? Ese itorero ry’aho dutuye ntiryakwizihiza ibirori by’iwacu? Ese abasaza duturanye n’abandi bashingwamirimo b’iwacu ntibatuyoborera ibirori neza? …Ibi ni ibibazo bikwiye kubonerwa ibisubizo muri iki gihe.

    Impanuro za Madamu Jeannette Kagame: “Urugo ni u Rwanda ruto!”   

    Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye isengesho ry’Abayobozi Bakiri Bato, i Kigali ku cyumweru tariki ya 31 kanama 2025, Madamu Jeannette Kagame, yavuze ko “Urugo ari u Rwanda ruto!”. Kuri uwo munsi, yasabye ko abitegura kurushinga bashyira imbaraga mu kubaka urugo kurusha uko bahugira gusa mu gutegura ubukwe. Yagize ati:

    “Iyo urebye usanga imwe mu mpamvu zituma ingo nyinshi zisenyuka ni uko bamwe bashyira imbaraga mu gutegura ibirori by’ubukwe kurusha gutegura urugo nyir’izina. Mukwiye kumenya rero ko kubaka urugo ari ingenzi aho gushyira ubushobozi bwose mu kwitegura ubukwe!”

    Mu mpanuro yahaye by’umwihariko abakiri bato, yabasabye kurushaho guhindura iyi mitekerereze nk’abantu basobanutse kandi biyemeje kubaka u Rwanda, nk’uko hari izindi mpinduka bazana mu iterambere.

    Madame Jeannette Kagame avuga ko bikwiye kongera gushyira imbaraga muri gahunda yo gutegura abifuza gushinga urugo. Ababyeyi n’imiryango na bo bakaba bagomba kugira uruhare mu gushyigikira no kuba hafi y’abana babo kugira ngo batazasanga baratezutse ku nshingano zo kurerera igihugu no kwita ku murage w’umuryango.

    Louise Mushikiwabo we yatanze umukoro

    Undi uherutse kugira icyo abivugaho kuri iki kibazo ni Madamu Louise Mushikiwabo, inshuti y’urubyiruko akaba akunda kuganira na benshi ku mbuga nkoranyambaga, na bo bakamwibonamo ku buryo basigaye bamwita Mushikiwabashou, izina na we yishimira.

    Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Uyu munyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi w’igifaransa, ku cyumweru tariki ya 14 Nzeli 2025, yatanze intashyo ariko atanga n’umukoro ku bikwiye gukosorwa:

    “Abachou, muraho se! Ko mumbanye ba Mutimudakumbura? Ndabaramukije cyane, njyewe murabizi ko mpora mbifuriza ibyiza gusa! Rero mperutse iwacu, mpava nkihakumbuye, ndetse mbona bamwe muri mwe, nihuta… Gusa inshuti n’abavandimwe ntibyoroshye kubaramutsa bose. Ariko mbega ubukwe bwinshi, bujyamo byinshi na benshi kandi kenshi!! Abachou bagishaka rero, tudaheje na ba mwana mbona mukwiye kutwigira uko tudatakaje umuco wacu, twakora bike byiza! Abato mugishaka, natwe tubakunda, murabona twabigira dute?”

    Bimwe mu bitekerezo byatanzwe n’abakoresha imbunga nkoranyambaga

    Ku butumwa bwa Louise Mushikiwabo, hari ibitekerezo by’uko iki kibazo cyakemuka byamusubije, birimo no gufatira urugero ku bukwe bwo mu bihe bya COVID.

    Umwe ati “iyi ngingo irakomeye. Hari umuco, igitutu no kwiganana. Uwagira uko agira yashyiraho amabwiriza. Uwakora inyigo y’ukuntu muri COVID-19, abantu bishimiraga gukora ubukwe bw’abantu 30 vuba vuba inama y’abaminisitiri itarahinda imyanzuro. Ngira ngo umuntu yaheraho agashaka n’uko n’ubu byahabwa umurongo ndetse n’amasaha abantu babibamo akagabanuka kuko birakabije pe.”

    Undi na we ati “icyo natangaho inama: Kurongora si ukwimurika ngo barebe uwaserutse neza kandi uberewe. Si isiganwa ry’uwagiye mbere cyangwa nyuma. Ntibyakabaye gusesagura. Ahubwo, uko mbyumva, umugore ni uwubaha umugabo, na ho umugabo akaba ukunda umugore, si ugushyingiranwa n’amafaranga cyangwa ibya mirenge.”

    Hari n’uwasubije ati “abantu bari mu myaka yo gushaka bakwiye kwiga neza uko ubukwe butaba impamvu yo gukena kandi amikoro yabo yari ahari ahagije. Nta mpamvu yo gufata inguzanyo yo gukora ubukwe.”

  • Burkina Faso yakuyeho ikiguzi cya visa ku banyafurika bose

    Guverinoma ya Burkina Faso yatangaje ko visa zose zakenerwaga n’abaturage b’ibihugu bya Afurika zizajya zitangwa ku buntu. Uyu mwanzuro yafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 11 Nzeli 2025.

    Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano, Mahamadou Sana, Abanyafurika bashaka gusura Burkina Faso bazajya babanza kuzuza impapuro zisaba visa hifashishijwe ikoranabuhanga, hanyuma ubuyobozi bugasuzuma iyo dosiye. Niyemererwa, visa azayihabwa nta kiguzi.

    Minisitiri Sana yasobanuye viza zitavanyweho, ko ahubwo  ahubwo buri munyafurika uzuzuza ibisabwa azajya ayihabwa ku buntu.

    Mbere y’iyi ngingo nshya, visa y’ubukerarugendo y’igihe gito yaguraga nibura ibihumbi 55 by’amafaranga ya CFA (angana na 84 €), mu gihe iya visa y’ubucuruzi yageraga ku bihumbi 93,5 bya CFA (angana na 142 €).

    Guverinoma ya Burkina Faso ivuga ko iki cyemezo ari intambwe ikomeye igamije kongera imibanire ishingiye ku bumwe n’ubuvandimwe hagati y’abaturage b’Afurika. Minisitiri Sana yagize ati : “Ni intambwe yo gukomeza imiyoboro y’amateka n’ubuvandimwe dufitanye nk’Abanyafurika,”.

    Ubuyobozi bw’iki gihugu buvuga ko ikigamijwe ari uguhindura Burkina Faso “igihugu gihaye ikaze Abaturage b’Afurika”, no kugaragaza ubushake bwa politiki mu guteza imbere urujya n’uruza rw’abantu kuri uyu mugabane.

    Burkina Faso

    Burkina Faso ni igihugu kidakora ku Nyanja, giherereye mu karere ka Sahel mu Burengerazuba bwa Afurika, gihana imbibi n’ibihugu bitandatu ari byo Mali mu majyaruguru, Niger mu burasirazuba, Bénin na Togo mu majyepfo y’uburasirazuba, Ghana mu majyepfo, na Côte d’Ivoire mu majyepfo y’uburengerazuba. Ni igihugu kizwi cyane ku muco n’ubugeni byacyo, harimo ubukorikori, imurikagurisha n’imyidagaduro, bikigira  izingiro ry’umuco muri Afurika.

    Ubukungu bwacyo bushingiye cyane ku buhinzi bw’ibijumba, amasaka, ibigori n’umuceri ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, cyane cyane zahabu, ari yo igize isoko rinini mu bicuruzwa byoherezwa hanze.

    Burkina Faso iyobowe na Kapiteni Ibrahim Traoré, kuva mu mwaka wa 2022 wahiritse ku butegetsi Lieutenant-colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba, wari umaze amezi arindwi gusa uyoboye icyo gihugu nyuma y’uko  na we yari yarahiritse ubutegetsi bwa Roch Marc Christian Kaboré muri Mutarama 2022.